Yahishe nyirakuru wari wapfuye imyaka 15 yose kugirango akomeze kurya amafaranga ya pansiyo ye!


Cynthia Black w'imyaka 63 y'amavuko wo muri Pennsylvania yakatiwe nyuma yo kubika nyirakuru wapfuye mu cyuma gikonjesha imyaka 15 yose mu rwego rwo gukomeza kubona amafaranga  y’ubwiteganyirize bw'uwo mukecuru.

Nyirakuru wa Black, Glenora Delahay,bamubone mu 2019 nyuma yuko abantu bagenzuye imitungo nk'uko ikinyamakuru Fox 43 cyabitangaje.

Mu gihe iryo genzura ryakorwaga,basanze ibisigazwa by’uwo mukecuru   biri mu cyuma gikonjesha, nk'uko bigaragara mu cyemezo cy’ikirego cy’inshinjabyaha. Nkuko byagaragajwe,babonye Firigo yari irimo ibisigazwa by’amagufa y’uyu mukecuru ari mumufuka wa plastike utwikirijwe uburangiti.

Uyu mukecuru w'imyaka 63 yamenyesheje abayobozi ko yahawe uburenganzira na nyirakuru bwo kubona amafaranga ye kubera ko ari we wamwitayeho kandi akomeza kubona amafaranga “yagenewe” Delahay nyuma y'urupfu rwe.

Nyuma yaje gutangaza ko atigeze amenyekanisha urupfu rwa Delahay,kuko byarigutuma adakomeza kubona ayo mafaranga y’ubwiteganyirize bw’uwo mukecuru. Abayobozi bamaze gukora igenzura, bamenye ko Black ariwe muzungura wa nyuma kuburyo ari nawe wagombaga kwegukana imitungo igizwe n’inzu nyakwigendera yari afite.

Uyu mugore yatawe muri yombi ashinjwaga guhohotera no gushinyagurira umurambo, kwakira ibintu byibwe, hamwe n'ubujura bukoresheje uburiganya. Raporo ivuga ko Black azakomeza gufungwa amezi 23 hamwe n’inyongera y’imyaka ibiri akora imirimo ifitiye igihugu akamaro.

IZINDI NKURU WASOMA

1.Akamaro ko guhekenya Igisheke/Igikaju cg kunywa umutobe wacyo

2.Akamaro ko gufata icyayi kirimo Tangawizi(Ginger)

3.Ibi nibyo biba k'umubiri wawe iyo unyweye amazi ashyushye.

4.Ntuzongere gukoresha tangawizi utazi icyo imarira umubiri wawe

5. Akamaro urubuto rwa Watermelon rufitiye ubuzima bwawe
























Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye