Ntuzongere gukoresha tangawizi utazi icyo imarira umubiri wawe

Tangawizi ni igihingwa kiri mu muryango w’indabyo gifite inkomoko mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Aziya.Tangawizi iri mubirungo byiza (kandi biryoshye cyane) kw’isi.Iyo ihinze uba ubona imize nkasitariya cg imicyayicyayi ariko mo hasi hakaba harimo ikinyakijumba aricyo Twangawizi.

Tangawizi ishobora gukoreshwa ikiri mbisi bubisi, yumye, yahinduwemo ifu, cyangwa igakoreshwa nk’amavuta cyangwa umutobe.

Hano hari inyungu 11 zagaragajwe n’abashakashatsi tangawizi ifitiye ubuzima bwacu.


1.Tangawizi ni umuti kandi ikungahaye kuri gingerol.

Tangawizi ifite amateka maremare cyane yo gukoreshwa m’uburyo butandukanye bw’ubuvuzi gakondo. Ushobora kuyikoresha ikagufasha koroshya igogora, kugabanya isesemi, no kurwanya ibicurane.

Tangawizi na none ikungahaye kuri Gingerol. Gingerol n’uruvange nyamukuru rw’ibizwi nka  bioactive. Ubushakashatsi buvuga ko Gingerol ifite imbaraga zo kurwanya inflammatory ikaba na antioxydeant kurugero ruri hejuru.

2. Ishobora kuvura uburyo butandukanye butuma umuntu agira isesemi.

Tangawizi ni nziza cyane mukurwanya isesemi.

Ishobora gufasha kugabanya isesemi no kuruka kubantu bakunze kuruka bitunguranye bitewe nibyo babonye. Hari ubushakashatsi bwakorewe kubagore batwite aho abagore 1,278 bahawe Garama ziri hagati ya garama imwe(1) na Garama imwe n’igice(1,5) za tangawizi maze ibafasha kugabanya cyane ibimenyetso byo kugira isesemi bari bafite.

Gusa n’ubwo tangawizi ifatwa nkaho ntacyo itwaye, kubagore batwite nibyiza kubanza kuvugana na muganga mbere yo kuyikoresha.


3. Ishobora gufasha kugabanya ibiro.

Tangawizi ishobora kugira uruhare mukugabanya ibiro.

Ibi byagaragajwe n’ubushakashatsi bwakozwe muri 2019 bwanzuye ko tangawizi igabanya umubyibuho kubantu bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije,cyane cyane kubantu bafite amatako manini agenda akubana cg bafite ikibuno kinini kuburyo baba bumva baremerewe iyo bari kugenda.

Ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2016 ku bagore 80 bafite umubyibuho ukabije bwerekanye ko tangawizi ishobora no kugabanya igipimo cy’umubiri cya (BMI) hamwe n’amaraso arimo insuline. Amaraso arimo insuline nyinshi aba afitanye  isano no guteza umubyibuho ukabije.

Abitabiriye ubu bushakashatsi bahawe urugero rwinshi rwa buri munsi rwa garama 2 y’ifu ya tangawizi mugihe cy’ibyumweru 12. Byaje kugaragara rero ko tangawizi yafashije aba bantu kugabanya ibiro k’uburyo bushimishije.

Hari Ibimenyetso byerekana uruhare rwa tangawizi mugufasha kwirinda umubyibuho ukabije byagaragaye no kunyamaswa.

Abashakashatsi babonye Imbeba zanywaga amazi arimo Tangawizi cyangwa zikarya ibishishwa bya Tangawizi.

Byaje kugaragara ko izo mbeba zagendaga zitakaza uburemere zari zifite ugereranije na mbere y’uko zitangira gufata Tangawizi. Gusa nubwo bimeze bitya abahanga bavuze ko hakenewe ubushakashatsi bwisumbuye ho kuri iyi ngingo.


4. Tangawizi ishobora gufasha mukurinda no kuvura uburwayi  bumwe nabumwe bw’amagufa.

Hari uburwayi bw’amagufa bubaho mugihe inyama zoroshye ziba ziri kumpera y’amagufa zirwara zikagenda zishira gahoro gahoro. Umuntu yavuga ko iyi ndwara ari ukwangirika kwingirangingo zirinda amagufa.Uko kwangirika kubaho buhoro buhoro kandi bikagenda byiyongera mugihe runaka.

Ubu burwayi butuma habaho Kubabara mungingo aho amagufa ahurira cg ukajya ubabara mu maboko, ijosi, umugongo wo hasi, ivi cyangwa ukababara ikibuno. Ubushakashatsi bwerekanye ko abantu bakoresheje Tangawizi kugirango bivure ubu burwayi babonye igabanuka ryinshi ry’ububabare n’ubumuga bari bafite. Ubu burwayi bukaba buzwi ku izina rya Osteoarthritis (OA).

Abitabiriye ubushakashatsi bakiriye miligarama 500 (mg) na garama 1 ya Tangawizi buri munsi mugihe k’ibyumweru 3 kugeza kubyumweru12.

5. Ishobora kugabanya cyane isukari mu maraso.

Ubushakashatsi bushya,bwagaragaje ko Tangawizi ishobora kuvamo imiti irwanya diyabete. Mu bushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2015 ku bantu 41 bari barwaye diyabete yo mu bwoko bwa 2 bagafata garama 2 z'ifu ya Tangawizi buri munsi,byabagabanirije isukari yo mu maraso  ku gipimo cya 12%.

6. Ishobora gufasha kuvura uburwayi bw’igifu buzwi nka chronic indigestion

Chronic indigestion ni ububabare buhoraho bwo kubabara mugifu ahagana hejuru cyangwa kumva utamerewe neza munda yo hejuru cyane cyane mugihe urangije gufata amafunguro. Abashakashatsi bizerako gutinda kw’amafunguro mugifu ari imwe muri moteri yongera ubu bubabare.

Byagaragaye rero ko abantu bafata tangawizi bafite iki kibazo ifasha kwihutisha igogora hanyuma ibiryo bigashira mugifu vuba maze umuntu akarekeraho kubabara.

7.Tangawizi igabanya cyane ububabare buza mugihe k’imihango.

Bumwe mu buryo gakondo bwo gukoresha Tangawizi ni ukuyikoresha mukugabanya ububabare. Mu bushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2009, abagore basaga 150 bari bafite ikibazo cyo kubabara mugihe k’imihango,basabwe gufata Tangawizi cyangwa imiti igabanya uburibwe mu gihe k’iminsi 3 ibanziriza kujya mu mihango.

Amatsinda y’abagore yafashe ibinini bikoze muri Tangawizi yabashije kuvuga ko gufata ibyo binini byabagabanyirije uburibwe kurugero nku rw’indi miti igabanya uburibwe bari basanzwe bakoresha. Ubushakashatsi buherutse gukorwa nabwo bwanzuye ko tangawizi ikora neza nka acide mefenamic/acetaminophen / caffeine / ibuprofen.


8. Tangawizi ifasha kugabanya urugero rwa cholesterol mu mubiri.

Kwiyongera kwa  cholesterol mbi mu mubiri bifitanye isano no kwiyongera k'indwara z'umutima. Ibiryo umuntu arya bishobora kugira ingaruka zikomeye zo kuzamura urugero rwa cholesterol mbi LDL.

Mu bushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2018 bw’abantu 60 barwaye hyperlipidemia(Uburwayi bwokugira cholesterol nyinshi mu maraso ) abantu 30 bakiriye garama 5 za Tangawizi buri munsi babonye urugero rwa cholesterol (mbi) rugabanukaho 17.4% mugihe cyamezi 3.

Iyo cholesterol ibaye nyinshi mu mubiri,ituma habaho ibinure byinshi mumitsi itwara amaraso. Amaherezo ibyo binure bigabanya ingano y’ubunini bw’umutsi, bigatuma bigorana ko amaraso ahagije atembera mumitsi.

Ibi bituma habaho umuvuduko w’amaraso,guturika kudutsi duto,kurwara pararize cg Umutima ugahagarara gutera umuntu agapfa.

9.Tangawizi yifitemo ibintu bishobora gufasha kwirinda kanseri.

Tangawizi yizwe nk’ubundi buryo bwo kuvura kanseri zitandukanye. Hari imiti irwanya kanseri yitirirwa gingerol. Iyi gingerol ni ikinyabutabire kiboneka cyane muri Tangawizi mbisi kifitemo ububasha bwo kurwanya kanseri z’amoko atandukanye.

Mu bushakashatsi bwakorewe kubantu bafite ibyago bisanzwe byo kurwara kanseri yu mura, garama 2 z’umusemburo wa tangawizi k’umunsi,zagabanije cyane ibyago bari bafite byo kurwara kanseri. Gusa nubwo bimeze bitya ubushakashatsi bucukumbuye kuri iyi ngingo buracyakorwa.

10. Ishobora gufasha ubwonko gukora neza no kurinda indwara ya Alzheimer

Alzheimer n’indwara igenda yibasira igice cy’ubwonko gishinzwe kwibuka n’ibindi bikorwa by’ingenzi byo mumutwe.

Iyi ndwara ituma habaho kwangirika kuturemangingo tumwe na tumwe two mu bwonko k’uburyo bituma umuntu yibagirwa k’uburyo bworoshye. Iyo bigeze kubantu batangiye kugera mukigero kizabukuru irushaho.

Uretse kwibagirwa ishobora no gutuma umuntu yitiranya ibintu. Rimwe narimwe umuntu ukunze gutakaza kwibuka no kwitiranya ibintu hari igihe aba arwaye iyi ndwara kuko ibyo aribyo  bimenyetso nyamukuru biyiranga.

Nubwo ntamuti uhamye wiyindwara uzwi,ariko tangawizi yafasha umuntu ufite iki kibazo kuko Ubushakashatsi bwerekanye ko Tangawizi ifite ibinyabutabire birinda ubwonko kwangirika. Tangawizi nanone ifasha  kunoza neza imikorere y’ubwonko kubantu bageze mu kigero k’imyaka y’izabukuru kuburyo umuntu uyikoresha arinda asaza akibuka neza.

11. Tangawizi ishobora gufasha umubiri kurwanya indwara ziterwa na mikorobe zifata mukanywa.

Ikinyabutabire cya Gingerol kiboneka muri Tangawizi,gishobora gufasha mukugabanya ibyago byo kwandura indwara ziterwa na Mikorobe. Mubyukuri ibishishwa bya Tangawizi, bifite ubushobozi bwo  kubuza bagiteri zimwe gukura no kororoka.

Nk’uko ubushakashatsi bwakozwe mu 2008 bubigaragaza,Tangawizi ifite ubushobozi bwo kurwanya bagiteri zo mu kanwa nka Gingivitis na Parontontitis. Izi nizimwe mundwara zifata ishinya ikazaho ibisebe kumpande zahakikije amenyo.

Ikindi ni uko Tangawizi ishobora gufasha mu kurwanya virusi zifata mu myanya y’ubuhumekero zizwi nka respiratory syncytial virus (RSV), zikunze gutera indwara z’ubuhumekero.

Izindi nkuru wasoma

1.Akamaro tungurusumu ifitiye ubuzima bwawe utari uzi

2.Dore impamvu imyanya y’ibanga y’abagore n'abakobwa yirabura

3.Gupima inda ukoresheje Korogati cg Isukari

4.Gukora imibonano mpuzabitsina uri mu mihango hari icyo bitwaye ?

5.Icyo Kurota wambaye ubusa bisobanura 





















Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye