Posts

Showing posts from June, 2022

Yahishe nyirakuru wari wapfuye imyaka 15 yose kugirango akomeze kurya amafaranga ya pansiyo ye!

Image
Cynthia Black w'imyaka 63 y'amavuko wo muri Pennsylvania yakatiwe nyuma yo kubika nyirakuru wapfuye mu cyuma gikonjesha imyaka 15 yose mu rwego rwo gukomeza kubona amafaranga   y’ubwiteganyirize bw'uwo mukecuru. Nyirakuru wa Black, Glenora Delahay,bamubone mu 2019 nyuma yuko abantu bagenzuye imitungo nk'uko ikinyamakuru Fox 43 cyabitangaje. Mu gihe iryo genzura ryakorwaga,basanze ibisigazwa by’uwo mukecuru     biri mu cyuma gikonjesha, nk'uko bigaragara mu cyemezo cy’ikirego cy’inshinjabyaha. Nkuko byagaragajwe,babonye Firigo yari irimo ibisigazwa by’amagufa y’uyu mukecuru ari mumufuka wa plastike utwikirijwe uburangiti. Uyu mukecuru w'imyaka 63 yamenyesheje abayobozi ko yahawe uburenganzira na nyirakuru bwo kubona amafaranga ye kubera ko ari we wamwitayeho kandi akomeza kubona amafaranga “yagenewe” Delahay nyuma y'urupfu rwe. Nyuma yaje gutangaza ko atigeze amenyekanisha urupfu rwa Delahay,kuko byarigutuma adakomeza kubona ayo mafaranga y’ubwitegany

Ntibisanzwe:Umusore yateye inda abavandimwe 3 bose none agiye kubarongora!

Image
Urukundo ntirugira imipaka kandi ntirugira amategeko. Aya magambo agaragazwa n’inkuru ya bakowa batatu bavukana bakunze umusore umwe none bakaba bitegura kurushinga. Umugabo wenda kurongora aba bakobwa batatu bavukana azwi kumazina ya Bigman Stevo,akaba ari umuturage wo mugihugu cya Kenya. Amazina y’aba bakobwa bagiye kwandika aka gashya ni Cate, Eva na Maryin. Aba uko ari batatu   bagiye batangaza abatuye isi yose kubera gukundana n’umugabo umwe no kuba bitegura gushyingiranywa na we uko ari batatu. Ibitangazamakuru byo muri Kenya byavuze ko Cate ariwe wambere wabonye Stevo, nyuma yaje kubwira bashiki be bombi maze nabo biyemeza gukundana n’uwo musore. Stevo akaba ari umucuruzi kandi akaba n’umuremankuru kumbuga nkoranyambaga zinyuranye. Yatangarije itangazamakuru ko gukundana n'abagore batatu icyarimwe nta kibazo kinini kirimo kandi ko ntacyo bimutwaye. Aba Bashiki bacu begereye Stevo bamubaza niba yakwemera kubakunda bose uko ari batatu,maze Stevo arabyemera. Kuri ubu

Zimwe mungaruka zikomeye zo gukoresha telephone igihe ugiye kuryama

Image
Wigeze wisezeranya kujya kuryama udakoresheje telephone ? Ujya utekereza uburyo byakugora kujya kuryama utabanje gusoma ubutumwa bwa watsapp,facebook cg kumenya ibyiriwe bivugwa kuri murandasi? Igisubizo abenshi muritwe batanga nuko bigoye ndetse hafi y’ibidashoboka ko wajya muburiri ntufate telephone. Aha birumvikana cyane kubera ko bigoye cyane kuba wajya kuryama telephone ukayisiga mukindi cyumba cg ukayiraza ifunze. Ibi ahanini biterwa n’umwanya iki gikoresho cyafashe m’ubuzima bwacu bwaburi munsi,kuko idufasha muri byinshi tudashobora gukora tutayifite. Nubwo ibi bitoroshye,zirikana ko gukoresha telephone igihe ugiye kuryama bishobora kugukururira ibibazo by’ubuzima kandi bikoye. Hano Ingando Online twabateguriye bimwe mubibazo umuntu ashobora guhura nabyo igihe akunda kukoresha telephone igihe agiye kuryama 1.Bishobora kukwangiriza amaso. Niba warigeze cg ujya wumva amaso yawe asa nkayababutse igihe warumaze igihe ukoresha telephone mbere yuko uryama menya yuko iki kiba

NTIBISANZWE:Niwe Perezida w'Afurika umwe rukumbi Papa Francis yasomye ibirenge

Image
Ntibisanzwe ko umushumba wa Kiriziya Gakorika Papa Francis agira uwo asoma ibirenge n’ubwo yaba Perezida cyangwa umuyobozi w’igihugu icyo aricyo cyose gikomeye kuri iyi si ya Rurema. Nubwo bidasanzwe kuri Papa gukora ibintu nkibyo,yigeze guca bugufi maze asoma ibirenge by'umuyobozi wa Sudani. Iki gikorwa cyatangaje isi yose maze icika ururondogoro. Papa Francis yasomye ibirenge bya Perezida wa Sudani y'Amajyepfo Salva Kiir Mayardit,arongera asoma ibirenge by’uwo bahanganye cyane ariwe Riek Machar,anasoma madamu Rebecca Garang(umugore w'uwahoze ayobora Sudani yepfo ariwe John Garang )na Taban Deng Gai, visi perezida wa mbere wa Perezida Kiir. Aba bose uko ari bane batunguwe cyane nicyo gikorwa ubwo Papa yapfukamaga agasoma ibirenge byabo. Papa urwaye uburwayi bw’amaguru budakira,muri iki gikorwa yafashijwe n’abafasha be kugirango  abone uko apfukama mugihe yari agiye gusoma inkweto z’aba b’abayobozi. Kuki Papa yasomye ibirenge bya Perezida n’abandi bayobozi bari bari

Ngibi ibintu abasirikare b'abakobwa babujijwe gukorera ku karubanda

Image
Hano hari ibintu bike Abasirikare cg Abaporisi b’abategarugori   babujijwe kwambara mugihe bari mukazi: Nubwo amategeko y’ibihugu kumyitwarire n’imyambarire ya gisirikare mugihe cy’akazi agiye anyuranye,twagerageje gutoranya bimwe mubibujijwe Abasirikare n’Abaporisi gigitsina gore babujijwe kwambara.   1.Kwambara no kwisiga inyunganira bwiza mumaso. Abantu benshi batazi   ibijyanye n’ubuzima bwa gisirikare batungurwa nibi bintu. Mugihe umutegarugori w’umusirikare cg umuporisi yambaye imyenda y’akazi: Ntiyemerewe kwambara no kwisiga mu maso amavuta cg ibindi bintu bikoreshwa mu kongera ubwiza bwo mu maso. Ibi bivuzeko batemerewe kwitukuza,kwambara kumaso ingohi z’inyongera cg kwisiga za makeup zindi zinyuranye. Ibi babibujijwe mugihe bari mu kazi cg mugihe bari mu masomo ya gisirikare bahabwa(Ku ikosi). 2.Kwambara inzara z’inyongera cg kuzisiga amabara. Kwambara   inzara z’inyongera cg gusiga amabara izo usanganwe ntibyemewe mu gisirikare n’igiporisi. Ibi ntago byemewe kub

Ibinyobwa 6 wakorera m'urugo bituma ugira amaso asa neza bikanayarinda ubuhumyi

Image
Niba urinze kandi ukita ku amaso yawe, uzagabanya ibyago   byo guhuma cg kutabona neza bishobora kuza ukiri muto cg bikaza gake gake uko ugenda ukura. Nk’uko urubuga rwa WebMD rubitangaza, hari ibiryo n'ibinyobwa byinshi byuzuye intungamubiri za ngombwa zifasha kandi zikaba nziza mu gukomeza gutuma amaso abona neza. 1.Umutobe w'inyanya. Umutobe w'inyanya ukungahaye kuri lycopene, na phytonutrients nka beta-karotene, lutein, zeaxanthin, na vitamine C, izi ntungamubiri zose zifite ubushobozi bukomeye bwo kukurinda ibibazo by'amaso. 2.Umutobe wa epinari. Epinari, kale, na broccoli ni imboga rwatsi zikungahaye kuri antioxydants bita lutein na zeaxanthin, bikaba byiza mugufasha amaso yawe kureba neza. Abashakashatsi bemeza ko lutein na zeaxanthin ziba mu mutobe wa Epinari zirinda amaso guhura n’uburwayi bw’amaso buturuka ku izabukuru bushobora kuba intandaro y’ubuhumyi. 3.Umutobe w'imineke. Muri rusange,umuneke uzwiho gufasha igifu gukora igogora kuburyo

Uko ushobora kurangiza ikibazo cyo kugira intege nke muburiri ukoresheje Ipapayi

Image
Kimwe mu bibazo by’ingenzi byibasira abagabo benshi ku isi muri iki gihe cya none ni ukugira intege nke muburiri(Mugihe cyo Gutera akabariro). Ubushakashatsi bwerekana ko byibuze abagabo 3 ku 10 bahuye cg babana  niki kibazo cyo kubura akabaraga mugikorwa cyo kubaka urugo. Niba nawe uri umwe muri aba bagabo batatu(3)bafite iki kibazo,iyi nkuru igiye kugufasha kuva kurutonde rwabo. Muri iyi ngingo ngiye kubagezaho uburyo ushobora kwifasha kugirango wivure ikibazo cyo gusohora hakiri kare(vuba) aribyo byitwa Pre-Mature Ejaculation mundimi z’amahanga. Uko uyu muti utegurwa hifashishijwe ipapayi(Igipapayi). Ibyo tugiye gukoresha kuri uyu muti karemano ni imbuto z’igipapayi(pawpaw). Ntabwo ngiye kuvuga cyane kubyiza igipapayi gifitiye ubuzima bwacu ubuzima bwacu kugirango ntatinda,ahubwo reka dusimbukire kungingo yacu.   ·          Shaka Igipapayi cy’umwimerere. ·          Cyoze neza mumazi meza asukuye. ·          Nkuko cyakabaye cyose,gigatemo uduce duto duto. ·          B

INKA:Yakatiwe imyaka itatu y'igifungo muri gereza izira kwica umwana w'imyaka 12

Image
Abategetsi ba Sudani y'Amajyepfo bemeje ko bafashe inka izira kwica umwana w'umuhungu  ufite imyaka 12.Polisi yavuze ko bafunze iy’inka hamwe na nyirayo nyuma yuko   yibasiye umwana wari uri hafi y'umurima uri ahitwa Lakes State. Byavuzwe ko uyu mwana yahise apfa ubwo iyo nka yamusagariraga kubera ubukana bw'igitero yamugabyeho. Umuvugizi wa polisi ya Sudani yepfo,Majoro Elijah Mabor yemeje ko inyamaswa "ifunzwe". Yagize ati: "Ubu ikimasa gifungiye kuri sitasiyo ya polisi mu Ntara ya Rumbek." Uyu mwana yajyanywe mu bitaro,nyuma bamujyana iwabo kugirango ashyingurwe mu cyubahiro." Ukwezi gushize, nabwo impfizi y'intama yarafashwe ishinjwa kwica umukecuru w'imyaka 45 muri Sudani y'Amajyepfo. Iy’inka yahise ikatirwa imyaka itatu y'igifungo muri gereza.Aho abantu bari kwibaza uzajya ayishakira ubwatsi ngo ayifungurire muri icyo gihe cyose kingana n’imyaka itatu igiye kumara ifunzwe.  

Imyunyungugu na vitamine zinyuranye umugore utwite aba akeneye gufata

Image
            Impuguke mu mirire,   zisobanura ko umugore wamaze kumenya ko yasamye ;agomba kwitwararika ku bintu bimwe na bimwe. Aha twavuga nkokuba umugore utwite ashishikarizwa kwitabira gahunda zose zo kwamuganga zigenewe abagore batwite. Ikindi umugore utwite nibyiza ko abagomba kuba m’ubuzima butuje,butarimo intonganya n’ibindi byinshi bitandukanye. Muri ibyo byinshi bitandukanye,harimo no gufata indyo yuzuye ifite isuku,ndetse no kunywa amazi meza. Ibi bituma agira ubuzima bwiza, we ubwe   n’umwana atwite. Muri iki gihe ifunguro ryuzuye rifite intungamubiri ni ngombwa. Iyo impuguke m’ubuzima zivuze indyo yuzuye ziba zigaruka kuri ibi byiciro bitatu.Ibiryo byubaka umubiri ,ibitera imbaraga,n’ibirinda indwara. Umugore utwite agomba kurya ibyo kurya byubaka umubiri. Umugore utwite agomba kurya ibiryo bizwiho kugira ubushobozi bwokubaka umubiri no kuwusana. Mumagambo make ibyubaka umubiri bikanawusana n’ibyo kurya byose bituruka kunyamaswa(Amatungo) n’ibinyamisogwe. Muri i