NTIBISANZWE:Niwe Perezida w'Afurika umwe rukumbi Papa Francis yasomye ibirenge

Ntibisanzwe ko umushumba wa Kiriziya Gakorika Papa Francis agira uwo asoma ibirenge n’ubwo yaba Perezida cyangwa umuyobozi w’igihugu icyo aricyo cyose gikomeye kuri iyi si ya Rurema. Nubwo bidasanzwe kuri Papa gukora ibintu nkibyo,yigeze guca bugufi maze asoma ibirenge by'umuyobozi wa Sudani.

Iki gikorwa cyatangaje isi yose maze icika ururondogoro.

Papa Francis yasomye ibirenge bya Perezida wa Sudani y'Amajyepfo Salva Kiir Mayardit,arongera asoma ibirenge by’uwo bahanganye cyane ariwe Riek Machar,anasoma madamu Rebecca Garang(umugore w'uwahoze ayobora Sudani yepfo ariwe John Garang )na Taban Deng Gai, visi perezida wa mbere wa Perezida Kiir.

Aba bose uko ari bane batunguwe cyane nicyo gikorwa ubwo Papa yapfukamaga agasoma ibirenge byabo. Papa urwaye uburwayi bw’amaguru budakira,muri iki gikorwa yafashijwe n’abafasha be kugirango  abone uko apfukama mugihe yari agiye gusoma inkweto z’aba b’abayobozi.

Kuki Papa yasomye ibirenge bya Perezida n’abandi bayobozi bari bari kumwe nawe?

Papa Francis yarapfukamye asoma ibirenge by'aba babayobozi bahanganye muri Sudani y'amajyepfo, mu gikorwa kitigeze kibaho cyo kwicisha bugufi kugira ngo ababashishikarize guca bugufi nabo ngo bashimangire inzira y'amahoro muri iki gihugu cya Afurika kirangwamo umutekano muke ahanini uturuka ku kutumvikana kw’abayobozi bakuru biki gihugu.

Papa yasabye Perezida wa Sudani yepfo n’umuyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwe gukomeza amasezerano y’amahoro kabone nubwo ibintu bitarajya muburyo.

Perezida wa Sudani y'Amajyepfo, Salva Kiir Mayardit, yabwiye inteko ishinga amategeko y'igihugu cye, i Juba, ko yatunguwe kandi agahinda umushyitsi ubwo Papa yasomaga ibirenge bye mu mwiherero udasanzwe wa Vatikani ku bayobozi ba Sudani y'Amajyepfo.

Ibi byabaye kuwa 11 Mata 2019. 










Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye