Kuri ubu Bamporiki arafunzwe! RIB yatangaje urutonde rurerure rw'ibyaha akurikiranweho



Bamporiki w’imyaka 39 wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco yahagaritswe mu mirimo ye na Nyakubahwa Perezida wa Repupurika Paul Kagame. Yari muri iyi mirimo kuva  mu mpinduka zakozwe n’Umukuru w’Igihugu ku wa 04 Ugushyingo 2019.

Amakuru y’ihagarikwa rye yatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga mu masaha ya nyuma ya Saa Sita kuri uyu wa Kane ariko nta gihamya cyari cyakagiye hanze cyemeza guhagarikwa ku mirimo kwa Bamporiki.

Nibwo haje kuboneka itandazo rivuye mubiro bya Minisitiri w’intebe rihamya ayo makuru.Iryo tangazo riragira riti:


Mbere yo kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco,Bamporiki yari Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu, umwanya yagiyeho mu 2017 ubwo Perezida Kagame yari amaze gutorerwa manda ye ya Gatatu. Hari hashize imyaka ine Bamporiki ari Umudepite.

Nubwo irihagarikwa rya Bamporiki ryabaye nkiritungura rubanda nyamwinshi ariko kubakurikirana ibya Poritike hari ibimenyetso byagaragaye k’urubuga rwa Tuwita ryagaragazaga ko hari amakuru Bamporiki yaba yari afite yuko ari buhagarikwe. Yari yanditse kuri Tuwita ye ati: “Ubwenge buzi ubwenge”. Ubu butumwa yabutangarije abamukurikira Saa 11:36 mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 4 Gicurasi 2022.


Uretse ibi,nuko amakuru dukesha Igihe,Kuri gahunda, byari byitezwe ko atanga ikiganiro mu muhango wo kwibuka abahoze ari abakozi ba MIJEUMA, Minisiteri yari iy’urubyiruko n’amashyirahamwe, bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byari biteganyijwe ko atanga ikiganiro cyitwa ‘Twahisemo kuba umwe’ mu muhango wo kwibuka abari abakozi n’abayobozi bayo. Gusa kuburyo butunguranye yaje gukurwa kuri iyo  gahunda ku munota wa nyuma asimbuzwa Bwana Nkusi Deo.

Kuri ubu Bwana Bamporiki afungiwe iwe murugo n’ibyaha akurikiranyweho byatangajwe.

Ubutumwa bwashyizwe ku rukuta rwa Twitter ya RIB bugira buti “Bamporiki Edouard wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco akurikiranweho icyaha cya ruswa n’ibyaha bifitanye isano nayo. Iperereza ku byaha akurikiranyweho rikaba rikomeje mu gihe afungiwe iwe mu rugo”.

Mu makuru dukesha Igihe nuko Umuvugizi wa RIB, Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko umugenzacyaha yategetse Bamporiki kutarenga urugo rwe.

Ati “Mu gihe cy’iperereza n’iyo haba hari impamvu zikomeye zo gukeka ko umuntu yakoze icyaha cyangwa ko yagerageje kugikora, Umugenzacyaha cyangwa Umushinjacyaha ashobora gutegeka ukekwa ibyo agomba kubahiriza. Bimwe mu byo Umugenzacyaha yamutegetse, harimo no kutarenga imbago z’urugo rwe.’’

Yagize ati: ‘‘Ibi biteganywa n’amategeko’’.

Ingingo ya 67 y’Itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha ni yo yashingiweho Bamporiki ategekwa kutarenga urugo rwe.

Ni mu gihe ingingo ya 80 yo ivuga ko iyo hari impamvu zikomeye zituma umuntu akekwaho icyaha, ukekwaho icyaha ashobora kudafungwa agategekwa ibyo agomba kubahiriza.

Bimwe mu byo ashobora gutegekwa ni:

-Ukuba mu karere k’aho uwamutegetse ibyo agomba kubahiriza akorera.

-Kubuzwa kujya cyangwa kutarenga ahantu hagenwe atabiherewe uruhushya n’uwamutegetse ibyo agomba kubahiriza.

-Ategekwa kandi kutajya aha n’aha cyangwa kutaba ahantu ku gihe iki n’iki.

-Kwitaba urwego rwagenwe mu bihe byagenwe.



























 











































Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye