“Ntuzongere gusenga ishusho yanjye, ntabwo ndi Yesu Kristo. Ntago ndi n'umukristo ”

Aya ni amagambo y’umugabo wahawe  umwanya wo gukina ari Yesu muri firime mu kinyarwanda tuzi nka FIRIME YA YESU.

Ati: "Ndi Brian Deacon, ndi umukinnyi wa firime kandi nakinnye muri firime nyinshi kandi nakinnye ni ya Yesu muri filime yo muri 1979 aho nashizwemo n’Umugabo utunganya amafirime Producer John Heyman nkina muri iyo firime nka YESU.

Nashyingiwe inshuro ebyeri. Mbere nashakanye na Rula Lenska, tubyarana umwana w’umukobwa witwa Lara Deacon, hanyuma nongera gushakana na Natalie Bloch twashakanye kuva mu 1998.

Umunsi umwe, producer wanjye yambajije niba nakwemera gukina nka Yesu muri firime mbarankuru, ndavuga nti yego. Kuki ntabikora? Ariko ntiyizeraga ko nshobora gukina neza muri uwo mwanya.  Ndibuka ko igihe twarangiza gufata amashusho yiyo firime umugabo yambwiye ati:

Bizakugora cyane kwemeza abantu bakubonye ukina uyu mwanya kukubona uri gukina ikindi rore muzindi firime. Kuko ubu umaze gukina uri nka Yesu. Ati abantu ntabwo bazihanganira kukubona uri gukina firime mbi kandi barakubonye ukina uri Yesu.

Nahise mbona ko ndi umukinnyi w’ingirakamaro bivuze ko ngomba kwitondera andi mahitamo n’inshingano nagombaga gukora. Icyakora ibintu birakomeza kuko kuva igihe firime yatangarijwe kugeza uyu munsi, ntibisanzwe kubona abantu bamanika ishusho (Amafoto) yanjye munzu zabo, mumodoka, mububiko, murusengero, ndetse bamwe bashyira ifoto yanjye mubyumba byo murugo basengeramo.

Uyu mugabo wakinnye iyi firime ya Yesu akomeza avuga ati abantu biki gihe Ndetse n'ibisekuru byabo, bakomeza kuvuga ko bakoresha ifoto yanjye ngo ibibutse YESU Kristo, ariko oya! Ntukeneye ifoto yanjye kugirango ikwibutse Yesu Kristo umukiza. Kuri weho rero wunama imbere y’ishusho yanjye cyangwa imbere yishusho yose wizera ko ari Umwami Yesu Kristo usenga, nyamuneka ubihagarike kuko ntabwo ari Imana usenga ahubwo ni umuntu nkawe kandi iyo foto ntago ari iya Yesu wanyawe.

Ubusanzwe Imana ntishaka ko abantu bayisenga ari uko babanje kuyibona imbona nkubone.Ikunda abantu bayisenga mu kwizera. Dore igice cyo muri bibiliya gishobora kugufasha kumva ibyo nkomeza kuvuga. Hano Imana ubwayo niyo ivuga. Kuva 20:3-5 “Ntukagire izindi mana imbere yanjye. Ntukagire ishusho ishushanyijeho, cyangwa ngo ungereranye na kimwe mu bintu biri mu ijuru hejuru,cg biri mu isi hepfo, cg biri mu mazi ari munsi y'isi.

Bwana Brain Deacon akomeza agira ati “ Kumuntu wifashisha amafoto yanjye arimo gusenga, ntago aribyo,ni ugusenga ibigirwamana  kandi n’icyaha imbere y’Imana. Ifoto yanjye ntago ari umukiza wawe. Umukiza wawe ni Yesu Kristo w'i Nazareti, Njye ndi Brain Deacon Nakinnye uruhare rwa Yesu muri iyi film kandi mparanira gushimisha Imana ubwanjye. 

Izindi nkuru wasoma

1.Akamaro urubuto rwa Watermelon rufitiye ubuzima bwawe

2.Akamaro tungurusumu ifitiye ubuzima bwawe utari uzi

3.Gupima inda ukoresheje Test de grossesse/Pregnacy test

4.Dore urutonde rw'indwara zivurwa n'igitunguru gitukura

5.Menya 'Hymenoplasty'.Kubagwa hagamijwe gusubiranya Akarindabusugi.


















Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye