Dore uko wakwandikirana n'umusore cg umukobwa kuri FB mukibera incuti






Kuganira n’umukobwa cg umusore kuri Facebook bikorwa gute ugamije ubucuti burambye.

Ujya wibaza uburyo waganira n’umukobwa cg umusore  kuri Facebook ikiganiro kikaryoha kandi mukaganira umwanya muni? Hano hari inama z’uburyo bwiza bwo gutangiza ikiganiro  kuri Facebook.

Dukwiye gushima ibintu byiza bitandukanye interineti yatugejejeho. Muri ibyo harimo no kuba idufasha kuganira n’incuti n’abavandimwe ndetse ikanaduha uburyo bwo guhura no kuganira n’abantu bashyashya tutari dusanzwe tuziranye.   

Ese bigenda bite iyo umukobwa cg umusore aguhanze amaso kuri Facebook? Nigute ushobora gutangira ikiganiro n’umukobwa cg umusore kuri Facebook aribwo bwa mbere kandi ntihagire utera undi impungenge ?

Reka tuganire ku nama z’ingirakamaro zijyanye no kwegera umukobwa cg umusore  kuri Facebook bityo bikaba byakongera amahirwe y’uko mwaganira mukagera naho musabana urukundo cg ubucuti.

1.Menya neza ko Umwirondoro(Profile) wawe wa Facebook udateye ikibazo cg amacyenga.

Mu myaka yashize, abantu benshi bihutiraga kwakira abantu bose babasabye ubucuti(friend request) kuri Facebook,ariko muri iyi minsi siko bimeze.

Ibi byatewe n’abantu benshi kandi batandukanye bagiye bahurira n’abatekamutwe,abambuzi n’abantu babeshya ko bafite urukundo kandi bagenzwa n’ibindi bikorwa bibi. Kubera izi mpamvu zose,ntamuntu ugipfa kwakira cg gusubiza ubutumwa bw’umuntu atazi uba umwandikiye cg amusanye ubucuti kuri facebook.

Mbere yuko rero wohererezaza umukobwa cg umusore icyifuzo cy’ubucuti(friend request) reba ko umwirondoro wawe bwite wa Facebook umeze neza. Menya neza ko ukoresha ifoto yawe isobanutse neza,atari kwakundi umuntu akoresha amafoto y’abandi bantu akayashyira kuri Profile ye.

Urugero:Niba uri umukobwa ntago  ukwiye gukoresha ifoto y’abandi bakobwa ukuye kuzindi mbuga nkoranyambaga. Kubera ko iyo ubikoze gutyo bituma umuntu atakwizera cg akavuga ko nawe utigirira ikizere.

2. Reba Uburyo bwiza bunoze wandikamo ubutumwa bwa mbere uba ugiye Kwandikira umuntu.


Umaze kumenya ko umwirondoro(Profile)wawe umeze neza,intambwe ikurikiraho irareba ubutumwa ugiye kwandika.Uba ugomba kwibaza uti:Nigute ndatangira neza ikiganiro n’umukobwa cg umusore ngiye kwandikira kuncuro ya mbere kuri Facebook.

Kubanza kureba ko uwo ugiye kwandikira musanzwe muri incuti kuri facebook cg Mutari incuti ni ingirakamaro. Iyo wandikiye umuntu kuri fb musanzwe mutari incuti ubutumwa bwawe ntago ahita abubona.Ubutumwa nk’ubwo bujya mugasanduka kwitwa filtered inbox. Bisaba rero ko uwo wandikiye abanza kujya muri ako gasanduku agasoma ubwo butumwa akanemeza ko yemeye kwakira ubutumwa bwawe. Iyo atabyemeje ubutumwa bwawe buguma muri ako gasanduka kajyamo ubutumwa bwabntu bakwandikiye utabazi.

Niba rero ubonye umuntu Atari incuti yawe,ibyiza n’uko wabanza ukamwoherereze Friend request kugirango nayakira ajye ahita abona ubutumwa bwawe ako kanya.Niba uyimwoherereje ntayemeze,ushobora kumwandikira.

Nubwo ubutumwa bwawe adahita abubona,ariko hari igihe ajya muri kagasanduka twavuze haruguru akabona ko hari umuntu wamwandikiye.

3.Imiterere y’ubutumwa ugomba koherereza uwo wandikiye kunshuro ya mbere

Hari igihe wandikira umuntu kuri fb yabona ubutumwa bwawe ntiyigere anatekereza kugusubiza. Ibi biterwa nuko ubutumwa uba wamwandikiye aba yabonye ntashingiro bufite cg budashamaje k’uburyo yafata umwanya wo kubusubiza.

Uregero:Usanga hari ubutumwa budafite icyo bushingiyeho.Ntibubaza,ntibusubiza,cg uwo wandikiye nubwo yagusubiza akaba yagusubiza mu ijambo rimwe. Ibi bituma ikiganiro utangiye kitagera k’umusaruro.

Bumwe muri ubwo butumwa buba bugira buti:

-Hi ?

-Hello?

-Bite?

-Nagukunzewe.

-Wampaye number yawe se?

-Ukora iki?

-Utuye he?

-Hi,wampaye watsapp yawe se?

-Ngiyi nomero yanjye:07xxxxxxxx,mpamagara tuvugane.

Ubutumwa nk’ubu,ni ubutumwa umuntu atajya ahita yihutira gusubiza iyo abubonye. Mukwandika ubutumwa bwiza kandi busobanutse ugomba kugaragaza ibintu by’ingenzi. Bimwe muri Ibyo by’ingenzi ni ibi bikurikira:

1.Gusuhuza no kuvuga amazina yawe.

2.Aho utuye.

3.Aho wamenyeye uwo ugiye kwandikira.

4.Gutanga ubutumwa bwawe.

5.Gushimira uvuga ko utegereje igisubizo.

Wenda ushobora kudahita uha agaciro ibi bintu bitanu tuvuze ariko ni ibyingenzi cyane mugihe ugiye kwandikira umuntu bwa mbere kuri facebook. Ibi bituma uwo wandikiye abona ko ufite gahunda,kandi uri umuntu usobanutse k’uburyo mwaganira. Binamugaragariza ko uri Umuntu ufite ahantu utuye hazwi.

Mwibuke ko twavuze ko hari abantu babatekamutwe n’abambuzi bakorera kuri facebook.Iyo rero uciye muri izi nzira bituma ubutumwa bwawe bw’umvikana neza bityo uwo wandikira akumva atekanye kuko uba wamaze kumwibwira.

Urugero rw’ubutumwa bushamaje umuntu atakanga gusubiza uko byagenda kose.

1.Muraho? Nitwa INGANDO Online.

2.Ndi Umunyarwanda ntuye i Kigali ku Gisozi.

3.Nabonye hari groupe ya facebook duhuriyemo yitwa Ibikomere by’urukundo, nifuza kukwandikira ngirango ngire icyo nkubaza.

4.Nabonye ifoto yawe mbona ibyaribyo byose uri umuntu wagishwa inama.Wambwira ibintu byafasha umuntu watandukanye n’umukunzi we kubyakira no kumva ko ubuzima bukomeza? Hari umuntu nzi byabayeho ariko ahora arira mbona amaherezo aziyahura kubera kunanirwa kubyakira.

Ntago dusanzwe tuziranye niyo mpamvu nkwiyambaje ngo umpe inama zidashingiye kumarangamutima y’uko tuziranye.

5.Ndagushimiye kumwanya uri bufate usoma ,ukanasubiza ubutumwa bwanjye. Ugire umunsi mwiza.

Ubutumwa nk’ubu ni ubutumwa burebure ariko bugaragaza ko uwabwanditse hari icyo ashaka kumenya.Ikindi n’uko ari ubutumwa butuma ubusubiza ari bwirekure nawe akakwandikira ibintu bimuvuye k’umutima. Ibi bitandukanye n’uko wakwanikira umuntu ngo:

-Hi?

-Utuye he se ko nabonye uri icyuki!

- Mpa number yawe cg umbipe kuri 07xxxxxxxx

Ubutumwa bumeze butya abenshi ntibajya babusubiza. Iyo uwo wandikiye agira ikinyabupfura arakwihorera cg akakubwira ko atajya atanga nomero ze. Iyo ntakinyabupfura afite aragutuka cg akakubaza ko wabonye ari indaya cg umukene ukeneye ku kubipa ngo ukunde umuhamagare.

Muri make ntago ikiganiro kigera kure.

4.Uburyo bwo gukomeza kuganira bubyara ubucuti bw’igihe kirambye.

Mubyukuri ntamuntu uba ashaka kuvuga ibintu bimwerekeyeho kuri Facebook.Sibyiza rero gutangira wandikira umuntu umubaza amakuru amureba ubwe.Ubahe? Ukora iki? N’ibindi nkibyo.

Gukomeza kuganira k’uburyo bibyara ubucuti bw’igihe kirekire bihera mu kubaza umuntu ibibazo byo m’ubuzima busanzwe kandi bikaba ari bibazo biratuma umuntu yirekura aka gusubiza.

Uko Mugenda muganira kubintu bisanzwe mugeraho mukamenyana noneho mukaba incuti,mukaba mwavuga n’ibindi.

5.Gucunga umutekano wawe munganira ukorera kuri facebook.

Ukuri guhari n’uko kuri facebook hahurira abantu bingeri zose.Abafite umu tima mwiza n’abatawufite. Ugomba rero kwirinda abantu bagusaba ngo duhe amafoto yawe kandi utabazi.

Hari abantu bakoherereza amafoto yabo cg ayabandi bambaye ubusa bakakubwira ko ari ayabo,ubundi bakagusaba ko nawe wabaha amafoto yawe wambaye ubusa.

Hari n’abaguhamagara ngo muvugane murebana cyane cyane mugihe cya n’ijoro abantu baryamye. Ugomba kugendera kure ibi bintu n’ibindi bifitanye isano nabyo kuko hari ababikoze bakisanga amafoto yabo yakwirakwijwe hirya no hino kumbuga nkoranya mbaga zinyuranye.

Ikindi nuko ugomba kwitondera kudakoresha fb ngo ujyende udakoze log out. Ibyo kwitondera byo n’ibyinshi tuzabigarukaho mubiganiro byacu bitaha.

Kora Subscribe kuri Youtube channel yacu unyuze hano kugirango ujye ubasha kubona ibiganiryo byacu tukibishiraho ako kanya.

IZINDI NKURU WASOMA

1.Uburyo 07 karemano bwagufasha kwivura inkovu

2.Umukobwa mukundana,ntazigera akubwiza ukuri kuri izi ngingo esheshatu.

3.IMPAMVU 6 nyamukuru zishobora gutuma igitsina cy'umukobwa kinuka

4.Ibimenyetso 5 bigaragara inyuma byerekana umukobwa ufite amazi menshi(Amavangingo)

5.Ibimenyetso 8 bigaragaza umukobwa ukiri isugi n'uwo byarangiye urebeye inyuma









Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye