Umukobwa watutse ibikozasoni Perezida Ndayishimiye yaba yatawe muri yombi

Umugore w’umurundikazi arashakishwa bikomeye cyane  nyuma yogutuka umukuru w’igihugu akamwandagaza.

Hari amajwi  yacicikanye kumbuga ngurukana bumenyi yumvikanyemo umukobwa abenshi bise umushizi w’isoni,nyuma yaho yumvikanye atuka umukuru w’igihugu cy’Uburundi Perezida Evariste Ndayishimiye.

Mu minsi ishize uyu mukuru w’igihugu cy’Uburundi yatangiye indendo mugihugu imbere zigamije gusura ibyanya bigaragaza ubwiza nyaburanga bw’iguhugu ayoboye,murwego rwo gushishikariza Abarundi nyirizina yaba abimbere mugihugu no hanze yacyo, gusura ibyiza nyaburanga ariko byakarusho bigakurura na bamukerarugendo baturutse yanze y’igihugu kuza gusura ibyanya by’iratiro by’Uburundi.

Ni muri urwo rwego umukuru w’igihugu yagaragaye mu mafoto yakwiriye kumbuga nkoranyambaga yambaye ibirenge hamwe n’imyambaro gakondo arimo kuvuza ingoma byose bitatswe n’amabara agize ibendera ry’igihugu cy’Uburundi.

Abantu bagiye batandukanye ntibavuze rumwe kuri aya mafoto dore ko bamwe bavuze ko ari ibintu byiza kubona umukuru w’igihugu yifatanije n’abandi mu gushyigikira umuco w’Abarundi naho abandi bavuga ko bidakwiye kubona umukuru w’igihugu yambaye ibirenge yatakawe arimo kuvuza ingoma.



Nibwo uyu mukobwa bitaramenyekana neza aho aherereye yacishije kumbuga nkoranyambaga amagambo yababaje abarundi benshi aho yavugaga ko umukuru w’igihugu afite amaguru mabi cyane arangije avuga ko atanamwenda! Aya magambo n’ibindi bitutsi bibi bidakwiye gusubirwamo byazamuye umujinya w’Abarundi batari bake bavuga ko uyu muntu watinyutse gutuka umukuru w’igihugu akwiye gufatwa akaryozwa amakosa yakoze akanasaba imbabazi Abarundi bose.

Amakuru akomeza avuga ko uyu mukobwa watutse Perezida Ndayishimiye yaba yamaze gutabwa muri yombi akaba afungiwe i Mpimba mugihe andi makuru mashya avuga ko uyu mukobwa ataba m’Uburundi ahubwo ko aherereye mugihugu cya Omani. Amafotoye ngo yamaze gushyikirizwa inzego zibishinzwe ngo akomeze gushakishwa agezwe imbere y’ubutabera.

Mubitekerezo byabenshi byacicikanye kumbuga nkoranya mbaga,abantu bavuze ko bidakwiye umuntu wese gutinyuka gutuka no kwandagaza umukuru w’igihugu.Bati” waba waramutoye cg atava mu mugambwe umwe n’uwawe,ntibiguha uburenganzira bwo kumutuka kuko aba ahagarariye igihugu cyose Atari umuntu runaka”.

 IZINDI NKURU WASOMA

1.Uburyo 07 karemano bwagufasha kwivura inkovu

2.Umukobwa mukundana,ntazigera akubwiza ukuri kuri izi ngingo esheshatu.

3.IMPAMVU 6 nyamukuru zishobora gutuma igitsina cy'umukobwa kinuka

4.Ibimenyetso 5 bigaragara inyuma byerekana umukobwa ufite amazi menshi(Amavangingo)

5.Ibimenyetso 8 bigaragaza umukobwa ukiri isugi n'uwo byarangiye urebeye inyuma
























 

Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye