NIBA HARI UWO UZI MUMENYESHE:Inzobere mukuvura ibibari kuva USA ziri i Kigali



Indwara y’ibibari  ni inenge umuntu avukana irangwa no gusaduka kwigice cy'umunwa wo hejuru.Ntago ibibari bigarukira aha kuko hari naho usanga  ubu burwayi bwarafashe igisenge cy'akanwa ugasanga nacyo cyarasadutse.

Ubu rwayi bwo gusaduka k’umunwa wo hejuru mucyongereza bwitwa cleft lip naho gusaduka kw’igisenge cy’akanywa bikitwa cleft palate.Usanga rero hari abana bavukana ubu burwayi bwombi cg bakavukana bumwe muri bwo.

Ikintu gitera ubu burwayi ntikiramenyekana.

Kugeza ubu ntiharamenyekana neza icyaba gitera ubu burwayi uretse kuba bizwiko bukunze gufata abana bakiri munda bagejeje igihe k’iminsi 35 isama ribayeho kuko ari muri icyo gihe ibice bizakora iminwa ndetse n'isura biba birimo kugenda byiyegeranya bikifunga.

Iyo rero ibi bice bitifunze ni bwo havuka icyo kibazo,umwana akazavukana uburwayi bw’ibibari cg uburwayi bwo gusaduka igisenge cy’akanwa.Ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko mubihugu byateye imbere umwana 1 ku bana 700 avukana uburwayi bw’ibibari ariko iki kigereranyo kirushaho kuzamuka cyane mu bantu bafite uruhu rwirabura.

Bimwe mubyongera ibyago byo kuvukana ibibari.

Nubwo nta mpamvu ihamye izwi yaba itera uburwayi bw’ibibari kandi akaba ntacyo umuntu yakora ngo abirinde umwana azabyara,hari ibintu bimwe na bimwe byagaragaye ko byongera ibyago byo kuba umubyeyi yabyara umwana ufite ibibari.

Bimwe muri ibyo ni ibi bikurikira:

1.Byagaragaye ko indwara y’ibibari ishobora kuba indwara y’umuryango(Indwara y’uruhererekane) Ibi bivuze ko iyo umwe mu bavandimwe b’umuntu cyangwa mu babyeyi be harimo ufite cg wari ufite ibibari, haba hari ibyago byinshi ko uwo muntu nawe azabyara umwana ubifite.

2.Ubwoko bw’imiti imwe n'imwe umubyeyi afata igihe atwite nayo ishobora gutuma abyara umwana ufite ibibari. Cyane cyane twavuga nk'imiti ivura igicuri ndetse na kanseri.

3.Hari na za Virus umwana ashobora guhurira na zo mu nda ya nyina nazo zikaba zatuma arwara ibibari akiri munda,dore ko ubu burwayi buvukanwa.

Ubu burwayi buravurwa bugakira.

Nubwo usanga ahanini ntacyakorwa mukwirinda ubu burwayi ariko ubu burwayi uwo bugaragayeho aravurwa agakira.Ni muri urwo rwego ibitaro by’Itorero Inkuru Nziza(E.I.R) Byitwa Inkurunziza Orthopedic Specialized Hospital bikorera i Kigali-Gikondo,kubufatanye na Minisiteri y’ubuzima hamwe na  Smile Train bateguye gahunda idasanzwe yo kuvura abanyarwana hamwe n’abandi bose bafite ubu burwayi bw’ibibari.

Iyi gahunda ngo izatangwa n’abaganga binzobere muri ubu buvuzi bakora muri Smile Train. Nkuko bigarara mu itangazo ry’ashizweho umukono n’umuyobozi mukuru w’ibi bitaro Dr Jean Bosco MPATSWENUMUGABO,abarwayi bose bazavurirwa ubuntu,yaba abafite ibibari bigaragara inyuma cg abafite uburwayi bwo gutoboka kw’igisenge cy’akanwa.

Ikindi nuko abarwayi bose bazasubizwa amatike.Iyi gahunda izatangira kuwa 26/02/2022 irangire kuwa 06/03/2022.

Smile Train ni umuryango udaharanira inyungu kandi utegamiye kuri reta(N.G.O) utanga ubufasha mu mu kuvura indwara zose zifite aho zihuriye n’ibibari by’ubwoko bwose.Ufite ikicaro gikuru muri reta zunze ubumwe z’amerika mu mugi wa New York.Washinzwe 1999. Utanga serivise zo kuvura ibibari mubihugu 87,ukanahugura abanganga b’imbere mu gihugu kuvura ubu burwayi kandi bakishingira ikiguzi cy’ubu buvuzi.

IZINDI NKURU WASOMA

1.Niryari umugabo cg umusore akwiye kuvuga ko afite igitsina gito cg kinini?

2.Umukobwa mukundana,ntazigera akubwiza ukuri kuri izi ngingo esheshatu.

3.Bwana NTAWIHEBA yabwiye ukuri ubuyobozi ko adateze kuzikingiza Covid 19

4.Uburyo ubumara bw'inzoka buvamo imiti ituvura indwara zikomeye

5.Ibimenyetso 8 bigaragaza umukobwa ukiri isugi n'uwo byarangiye urebeye inyuma



KURIKIRA IBI BIGANIRO MUBURYO BWAMASHUSHO

1.Mugihe uri mumihango ujye ufata aya mafunguro

2.AMAFUNGURO 10 umugore utwite agomba kwirinda kurya

3.Gupima inda ukoresheje Korogati cg Isukari

4.Gukora imibonano mpuzabitsina uri mu mihango hari icyo bitwaye ?

5.Icyo Kurota wambaye ubusa bisobanura 























         


            

 


 



  



Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye