Umugore yishe umwana we w'imyaka 17 wamubuzaga kuzana abagabo m'urugo


Mu karere ka Nyabihu umugore witwa MUSHIMIYIMANA Laurence yishe umwana we w’umukobwa wari uri mu kigero cy’imyaka 17 y’ubukure.Ibi byabereye mudugudu wa Gakarara mu kagari ka Rega umurenge wa Jenda ho mukarere ka Nyabihu.

Abaturage baturanye n’uyu mubyeyi wihekuye babwiye ibinyamakuru ko uyu MUSHIMIYIMANA yarasanzwe afite imyitwarire mibi kuko yakundaga kurangwa n’ubusinzi buvanze n’ubusambanyi kandi ko ahanini aribyo yapfaga n’umukobwa we wari umaze kugera mu kigero kimyaka cumi n’irindwi.

Abaturage  bavuga ko MUSHIMIYIMANA Laurence icyaha akurikiranyweho yagikoze mu’ijoro ryo kuwa Gatanu Mutarama 2022 rishyira kuwa gatandatu,aho yamwishe akamusiga mu nzu agahita atoroka.

Umwe mu baturanyi buyu mubyeyi gito yagize ati:”aha ngaha byageze nko mu masaha ya saa saba twunva umuntu aravuze ngo mudutabare,si byabindi by’abagabo yazanaga ahubwo arihekuye,mu kugera hano nsanga bamwe bakurikiye aho yanyuze bagiye kumushaka”.

Abaturage bavuga ko uyu mugore asanzwe ari umusinzi ndetse akabivanga n’ubusambanyi aho yazanaga abagabo m’urugo rurimo abakobwa b’inkumi agakunda kubipfa nabo bana be,kuko bataburaga kuvuga ko ibikorwa bya nyina ubabyara bibabangamira.

Ibi bikimara kuba amakuru avuga ko uyu mwicanyi yahise afata undi mwana muto yari afite akavuga ati “Ndihekuye”,maze  agahungira muri bene wabo ngo asigeyo uwo mwana maze akomeze guhunga. Abaturage batanze amakuru kunzego zishinzwe umutekano aba bene wabo barafatwa ngo hakorwe iperereza,icyakora basanga uyu mugore wihekuye ntawuhari yahunze ariko kubufatanye bwabaturage n’inzego z’umutekano uyu mugore akomeza gushakishwa.

Nkuko byemejwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Jenda,Bwana Munyansengo Fred uyu mugizi wa nabi yakomeje gushakishwa aza gufatirwa ku mupaka wa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo(D.R.C) Agiye kwambuka ngo ahunge inzego z’umutekano.Iperereza rikaba rikomeje ngo hamenyekane icyatumye uyu mugore y’ihekura,niba ariwe wamwishe wenyine cg niba hari n’undi bafatanyije. 




Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye