Sobanukirwa byinshi ku kuba mukagatare n’uko wabirwanya
Mugihe cyo gutegurana abantu bagiye gukora imibonano mpuzabitsina cg bari kureba amashusho yo guhuza ibitsina cg mugihe cyo kwikinisha,aya matembabuzi ariyongera ndetse,umuntu akaba hari aho yavuga ko yiyongera akaba menshi kuburyo arenga gutosa ikariso,akaba yatangira no gushoka gake gake.
Ibi biterwa n’umubiri w’umuntu ushobora kuba utandukanye n’uwamugenzi we kuko abantu badahuza.Aya matembabuzi rero aba afite umumaro ukomeye wo kugirango mugitsina cy’umugore horohe kandi habobere bityo igitsina cy’umugabo nikiza kwinjiramo ntihaze kubaho gukomereka kumpande zombi,ahubwo icyo gikorwa kize kugenda neza.
Gusa n’ubwo bimeze bitya,bitewe n’impamvu
zitandukanye hari igihe umugore cg umukobwa aba afite Kumagara mu gitsina ari
nabyo bakunze kwita kuba mukagatare.Iki kibazo ntigikunze kuba ku bagore
n’abakobwa muri rusange, gusa bishobora kubaho bikaba akarusho iyo umugore
ageze mu gihe cyo gucura.
Muri iyi nkuru reka tuvuge kubirango biranga
umukobwa cg umugore umuntu yakita mukagatare, ikibitera ndetse n’uko bivurwa.
A.Ibimenyetso
Abagore benshi bagaragaza ibimenyetso byo
kuba ba mukagatare muburyo bunyuranye ariko muburyo rusange ikimenyetso cya
mbere kiza ku isonga ni ukuma mu gitsina mugihe kimibonano mbuza bitsina
kuburyo ntabubobere buza,hakaba naho buje ari buke cg bukanabura burundu.
Ibindi bimenyetso byo kuba mukagatare birimo:
·
Uburyaryate mu gitsina, kwishimagura no
kokera.
·
Kubangamirwa no kubabara mu gukora imibonano.
·
Kudashyukwa no kutarangiza.
·
Kugabanyuka k’umwenge w’igitsina.
·
Kutishimira imibonano(Kumva ntaburyohe burimo).
·
Gushaka kunyara kenshi birenze ibisanzwe.
·
Guhora urwaye ubwandu bw’umuyoboro w’inkari.
B.Impamvu zitera kuba mukagatare kubagore n’abakobwa
Ku bagore n’abakobwa impamvu itera kuba mukagatare ntago aba ari imwe gusa hari izo abenshi bahuriraho.Aha twavuga:
·
Gucura: Bishobora gutuma
umuntu aba mukagatare,ibi bigaterwa nuko iyo umugore ageze mu myaka yo gucura
umusemburo wa estrogen ugabanyuka bikaba byatera umugore ukuze guhora yumye mu
gitsina,no kutagira ububobere.
·
Konsa cyangwa kubyara: Hari
abagabo bajya bibeshya ko iyo umugore abyaye aribwo agira amavangingo ndetse n’ububobere
buhagije mugitsina ariko sibyo. Mugiye umugore yabyaye akaba arimo no konsa,urugero
rwa estrogen ruragabanyuka bikaba byatera kuma mu gitsina uretse ko byo bigera
aho bikijyana,iyo umwana amaze gukura akaba atacyonka.
·
Kutitegura mbere y’imibonano: imibonano
y’agahato, kuba ufite ubwoba, kuba utishimiye uwo muyikorana, kuba utateguwe
bihagije, kuba ufite umutima uhagaze nabyo bishobora gutuma mu gitsina huma
nubwo waba usanzwe woroshye ugahita uba mukagatare.Ikindi kiyongera kuri ibi ni
ugukorera imibonano ahantu utisanzuye kuburyo wirekura.
·
Imiti imwe yo kuboneza urubyaro: akenshi
ibinini bivanze (bizwi nka confiance cyangwa microgynon), ndetse n’urushinge
rw’amezi atatu (ruzwi nka DepoProvera) bishobora nabyo gutuma mu gitsina huma,
nubwo atari ku bagore bose.
·
Imiti ya kanseri: imiti
imwe ya kanseri gushiririza aharwaye kanseri ku bice by’imyanya
myibarukiro nabyo ni bimwe mu bitera kumagara mu gitsina.
· Ingaruka zituruka ku ihungabana:Ihungabana naryo riri mubituma umuntu ashobora kuba mukagatare cyane cyane irituruka kubikorwa bibi umuntu yahuye nabyo bifite aho bihuriye n’igitsina nko gufatwa kungufu,guhemukirwa murukundo kuburyo bukabije,gusambana n’umubyeyi cg uwo mufitanye isano ryabugufi n’ibindi.
C.Icyo wakora mu gihe wumva wuma mu gitsina.
Mu gihe wuma mu gitsina, hari uburyo
bunyuranye ushobora gukoresha kugirango wongere ugire ububobere buhagije.
Icyo ugomba gukora bwambere ni ukureba
impamvu ibitera hanyuma ukayikuraho; niba ari impamvu yakurwaho.Niba ari
impamvu itakurwaho niho uzitabaza bumwe
mu buryo bukurikira:
·
Kunywa amazi ahagije.
Ubusanzwe amazi uko aba menshi mu mubiri bigaragarira ahantu hose, ndetse
bizanagarira mu koroha no kugira ububobere.
·
Kurya concombre na watermelon.
Izi mbuto zizwiho kongera amazi muri rusange mu mubiri. By’akarusho kuzirya
byongerera ububobere abagore n’abakobwa
·
Amavuta asigwa. Aya
ni amavuta asigwa mu mwinjiro w’igitsina cy’umugore mbere y’imibonano cyangwa
agasigwa ku gitsina cy’umugabo. Aya mavuta agufasha koroha bityo ntubabare mu
gihe cy’imibonano. Gusa aya mavuta atanga ububobere bw’ako kanya. Aya mavuta
aboneka mu mazina atandukanye bitewe n’inganda ziyakora, nugera muri farumasi
bazakwereka atandukanye.
·
Estrogen isigwa mu gitsina. Nkuko
twabibonye igabanyuka rya estrogen ni rimwe mu bitera kugabanyuka k’ububobere.
Kwa muganga bashobora kukwandikira umuti urimo estrogen usigwa mu gitsina
cyangwa se ibinini bya estrogen bishyirwa mu gitsina. Gusa iyi miti yo ntikora
ako kanya ariko yo inyungu zayo zimara igihe kurenza ariya mavuta yandi
·
HRT (Hormone Replacement Therapy).
Iyi ni imiti ikoreshwa ku bagore batangiye gucura ikaba imiti ikoreshwa mu
gusimbura imisemburo igenda igabanyuka. Ishobora kuba ibinini cyangwa amavuta.
Gusa si byiza kuba wakoresha ubu buryo mu gihe utaracura.
IZINDI NKURU WASOMA
1.Abagore 3 batawe muri yombi bazira gukoza isoni abashyitsi basuye Urwanda
2.Umumasayi yasize atekeye umutwe umukozi wa bank(loan officer) mbere yo kwerekeza mu mahanga.
3.Nyuma yo gusambanira kuri Aritari ya Saint-Michel,umusore n'inkumi barashakishwa
4.Uburyo ubumara bw'inzoka buvamo imiti ituvura indwara zikomeye
5.Amabuno ateye neza y’umwarimu kazi i Musanze,arigutuma abanyeshuri yigisha bifuza kuryamana nawe.
Ibindi biganiro wakurikira m'uburyo bw'amashusho
1.Kwipima inda,ukoresheje Isukari
2.Gupima inda ukoresheje korogati(Colgate)Birizewe nk'ibindi byose
3.Dore uko wakoresha umunyu ugapima ko utwite
Comments
Post a Comment