Rubavu ikarita y'uwakingiwe Covid 19 iragurishwa amafaranga 1000Rwf

Polisi y’Urwanda ikorera mu Karere ka Rubavu yerekanye umugabo witwa HAVUGIMANA Samuel,ukomoka mu Murenge wa Bugeshi ucyekwaho gukoresha impapuro mpimbano aho yafatannye icyangombwa cy’igihimbano cyerekana ko yakingiwe Covid-19.

Uyu mugabo Polisi yamufashe kuri Noheri ariko yamwerekanye  tariki 26/12/2021.Iki cyangombwa gihimbano yakifashishaga  kugira ngo abashe gutaha ubukwe butandukanye yabaga yatumiwe mo.



Urebye kuri iyi karita usanga urukingo rwa mbere yararuhawe kuwa 01/09/2021 urwa kabiri akaruhabwa kuwa 15/09/2021. Izi nkingo zombi bigaragara ko ari inkingo zomubwoko bwa Phizer ariko ukuntu izina ry’uru rukingo ryanditse kuri iyi karita byateraga abantu urujijo bakibaza ukuntu umuganga wanditse iyo karita atazi kwandika neza nkuko bikwiye izina rigaragaza urukingo umuntu yahawe.

Uyu mugabo usanzwe ukora akazi kuburezi,na we ubwe yemera icyaha cy’uko yakoreshaga ikarita yerekana ko yikingije kandi atari byo. Gusa yavuzeko iyi karita atariwe wayikoze maze abwira itangazamakuru ko iyi karita yayiguze i Musanze mukwezi kwa Cyenda akayigura inoti y’igihumbi.

Yagize ati “Ndi hano kubera ko nakoze ikosa ryo kugura ikarita yo kwikingiza itemewe kugira ngo nemererwe kwinjira mu bukwe, ikarita nayiguze amafaranga 1000 i Musanze muri Nzeri, ubwo nari ngiye mu bukwe.”

Uyu mwarimu usibye gukoresha iyi karita mpimbano mukuyerekana mubirori by’ubukwe,yanayikoreshaga m’uburyo bwo kugira ngo agaragarize ubuyobozi bw’ishuri yigishaho ko yikingije Covid 19, uretse ko ubuyobozi bw’ishuri bwakemanze umwimerere wiyi karita.



CIP Twizere Karekezi Bonaventure umuvugizi wa Police mu Ntara y’Iburengerazuba avuga ko dosiye y’uyu mugabo igiye gukorwa igashyikirizwa Ubushinjacyaha.Yanavuzeko uyu mugabo yatawe muri yombi ubwo yari agiye kwivuriza kukigo nderabuzima cya Bugeshi.

CIP Karekezi yibukije abantu ko n’ubwo amabwiriza ya Leta asaba ko abantu bagomba kwerekana ko bikingije icyorezo cya COVID-19 kugira ngo bagire serivisi bahabwa bitavuze ko bagomba gukora ibyaha byo guhimba inyandiko zibyerekana.Abatarikingiza yabakanguriye kwihutira kubikora hakiri.

Yakomeje akangurira abantu kubahiriza amabwiriza yose ajyanye no kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 bakanirinda inzira zose zibaganisha ku gukora ibyaha kuko Polisi iri maso izabafata.

Havugimana yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi kugira ngo hatangire iperereza,murwego rwokumenya ko ntabandi bantu bafite ibi byangombwa bihimbano by’uko bakingiwe.

Itegeko no NÂș68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 mu ngingo yaryo ya 276 ivuga ko umuntu wese uhimba cyangwa uhindura mu buryo ubwo ari bwo bwose inyandiko cyangwa ikindi kintu cyanditseho igitekerezo, ashyiraho umukono cyangwa igikumwe bitari byo, yonona inyandiko cyangwa imikono, asimbuza abantu abandi, ahimba amasezerano, imiterere y’ingingo zayo, igitegetswe gukorwa cyangwa icyarangije kwemeranywa, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenga miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

IZINDI NKURU WASOMA

1.Niryari umugabo cg umusore akwiye kuvuga ko afite igitsina gito cg kinini?

2.Umukobwa mukundana,ntazigera akubwiza ukuri kuri izi ngingo esheshatu.

3.Bwana NTAWIHEBA yabwiye ukuri ubuyobozi ko adateze kuzikingiza Covid 19

4.Uburyo ubumara bw'inzoka buvamo imiti ituvura indwara zikomeye

5.Ibimenyetso 8 bigaragaza umukobwa ukiri isugi n'uwo byarangiye urebeye inyuma



KURIKIRA IBI BIGANIRO MUBURYO BWAMASHUSHO

1.Mugihe uri mumihango ujye ufata aya mafunguro

2.AMAFUNGURO 10 umugore utwite agomba kwirinda kurya

3.Gupima inda ukoresheje Korogati cg Isukari

4.Gukora imibonano mpuzabitsina uri mu mihango hari icyo bitwaye ?

5.Icyo Kurota wambaye ubusa bisobanura 

 



  

Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye