Ubusobanuro bw'inzozi:Kurota Imodoka(Ubusobanuro burambuye)

Iyi ni Ingando online mukurikiye, urubuga rubagezaho ibiganiro biba byakozwe muburyo bw’amashusho hanyuma hano mukabikurikira muburyo bwanditse.

Mukiganiro cy’uyu munsi tugiye kurebera hamwe ubusobanuro bw’inzozi zifitanye isano no kurota imodoka m’uburyo butandukanye.


Kurikira iki kiganiro muburyo bw'amashusho

Niba ujya cg warigeze ugira inzozi zirimo kurota imodoka muburyo butandukanye,icya mbere ugomba kumenya nuko izi nzozi abantu benshi bakunda kuzirota.

 

Gusa izi nzozi zigira ubusobanuro butandukanye bitewe nuko wazirose.Izi nzozi zishobora kuba ikimenyetso cyo kubura kwigenzura m’ubuzima nokugira umutima uhangayitse.Iyo urose ubona imodoka nyinshi cyane ziparitse ahantu hamwe byo biba bifitanye isano n’umunaniro umaranye iminsi kubera akazi kenshi wirirwamo cg kubera ibitekerezo byinshi.

 

Mumagambo make

 

·         Gutwara imodoka munzozi, bivuze kubura ukwigenzura mukintu runaka.

 

·         Kurota ubona imodoka byo bivuze kuba ufite intego y’ikintu utumbereye uba ushaka kuzageraho.

 

·         Kurota ubona uri umugenzi mu modoka byo bivuze ko haba hari ikintu cg umuntu ufite uruhare rukomeye mubuzima bwawe kuburyo uba umwumvira cyane cg icyo kintu kikaba kikugenzura.

 

·         Kurota imodoka ikugonga byo n’ikimenyetso kiburira, mugihe iyo urose uri mumodoka ariko itari kugenda biba bivuze ko uri wamuntu ngishwa nama mubintu by’ingenzi.

 

·         Iyo urose ubona uri mumodoka yacitse feri ukaba wabuze uko uyigenzura,byo biba bisobanura ko hari ibintu bitarimo kugenda neza mubuzima bwawe.Ushobora kuba ugiye kurwara,ushobora kuba ufite ubwoba bw’ibizakuba ho ejo cg ejo bundi n’ibindi bintu bituma umutima udatuza ngo ube hamwe.

 

Uretse ibi,ushobora no kurota ubona ugiye gusura umuntu uri mu modoka.Ibi byo biba ari ikimenyetso kikubwira ko ugomba kwishakamo ubushobozi bwo kwikemurira ibibazo ufite udategereje ubundi bufasha.Uba ugomba kwishakira ibisubizo by’ibibazo ufite.

 

Reka dukomereze k’ubusobanuro bwo kurota ubona ufite imodoka yawe kugiti cyawe ntawayigutije.


Kurota ufite imodoka yawe kugiti cyawe aba ari ikimenyetso kigaragaza amarangamutima n’ibyiyumviro ufite.Hari igihe umuntu aba abayeho ubuzima we ubwe adashaka ahubwo akabubamo bitewe n’undi muntu runaka.

Dufashe nk’urugero hari igihe ababyeyi bawe cg undi muntu ugufiteho ububasha ashobora kukubuza kwambara imyenda runaka bitewe nuko we ubwe atayikunda cg bitewe n’izindi mpamvu ze,maze akakugenera iyo ashaka ngo abe ariyo ujya wambara kandi wowe utayishaka, ariko kubera ntakundi wabigenza ugahitamo kuyambara.

Iyo ubayeho muri ububuzima cg hari ikindi kintu uhatirwa gukora udashaka rimwe narimwe uzajya ukunda kurota ubona ufite imodoka yawe kugiti cyawe nk’ikimenyetso kigaragaza ko ubayeho ubuzima utifuza ukaba ukeneye kwibohora cg icyo umuntu yakwita ubwisanzure.

Reka dukomereze k’ubusobanuro bwo kurota ubona utwaye imodoka.

Muri make,inzozi nkizi zo kwisanga ubona  utwaye imodoka munzozi, ziba akenshi ari ikimenyetso cy’ikerekezo n’intumbero zaho ushaka kujya cg kugera.

Akenshi iyo urose utwaye imodoka ubwenge bwawe buba bukwibutsa yuko hari icyerekezo wakabaye ushiraho kizagufasha kugera ku intego zawe.Twese tuba dufite ibintu twifuza kugeraho,ariko bake muri twe nibo bashobora gufata icyemezo nogushyiraho ingamba zizatuma bagera kubyo biyemeje.

Nkurugero,nta muntu n’umwe wumva wifuza kuba yatsindwa mw’ishuri,kandi turabizi ko kugirango ushobore gutsinda neza ariko uba wafashe akanya ko kwiga no gusubiramo amasomo.

Ariko bitewe nuko ufata cg nuko wibuka ushobora gusanga igihe cyo kwiga wowe uba urimo kuganira inkuru z’umupira cg ibindi biganiro.

Igihe cyo kubyuka ukaba wiryamiye hanyuma mugihe cyo kuryama ukaba ushaka kuganira n’abandi.Iyo rero bimeze bitya ukaba hari icyo wifuza kugeraho ntushyireho ingamba kandi ngo uzikurikize,akenshi ushobora kurota ubona utwaye imodoka nk’ikimenyetso kiba kikubwira ko hari ibintu ukeneye gushyira ku murongo m’ubuzima bwawe ukabiha icyerekezo.

Uretse kurota ubona utwaye imodoka,hari n’igihe urota atari wowe utwaye ahubwo ukabona bagutwaye,wicaye mumyanya y’abagenzi.

Iyo ubonye uri mumodoka irikugenda ariko wowe ukabona wicaye mu mwanya wagenewe abagenzi,aba ari ikimenyetso kigaragaza ko hari ikintu kirimo kugenzura ubuzima bwawe kibwerekeza mukerekezo udashaka cg ushaka ariko utazi uko bizakugendekera hanyuma muri iyo nzira uba urimo.

Dufashe nk’urugero hari igihe incuti ubana nazo cg ugendana nazo zishobora ku kuyobora mubikorwa n’ingeso utigeze utekereza ko uzagenderamo ukazisanga kugaruka k’umurongo byaranze cg kwikura muri ibyo bintu bigoranye cyane k’uburyo bitakorohera kubireka.

Aha twavuga nko kuba nta muntu uvuka azi kunywa itabi. Ariko bitewe n’imiterere y’akazi ukora ,abo ubana nabo,cg incuti zawe bashobora kukubwira cg kuguhatira  kurinywa bakakubwira ko ntacyo bitwaye,maze ugasanga uwo muntu atangiriye kw’itabi akazisanga ari kunywa urumogi cg afata n’ibindi biyobyabwenge!

Iyo rero hari ikintu kirimo kikuganisha ahandi hantu cg cyenda kuzagenzura ubuzima bwawe ushobora kurota mbere yabyo cg muri icyo gihe ubona uri mumodoka irimo kugenda ariko ukabona wicaye mu myanya y’abagenzi.

Reka dukomereze ubu busobanuro kunzozi zo kurota ubona amasiganywa y’imodoka.

Mugihe urose ubona amasiganywa y’imodoka yaba waruyarimo cg wabonaga abandi aribo bayarimo,inzozi nkizi aba ari ikimenyetso kigaragaza amarangamutima yo kugira ubwoba ariko ubwoba buvanze n’ikizere.

Gusa inzozi nkizi zishobora no kugendana n’amarangamutima yo kuba ufite uwo ukunda ariko ukaba wiyumvamo ko Atari wowe akunda maze kubwizo mpamvu ukaba urimo ushaka icyo wakora kugirango agukunde wenyine.

Reka dusoreze ku kurota ubona impanuka y’imodoka

Abantu benshi bakunda kurota babona impanuka y’imodoka.

Gusa akenshi inzozi nkizi zikunda guturuka ku makuru y’impanuka twarokotse,amakuru y’impanuka twabonye cg twumvise. Ubwonko bwacu buba bwarabitse ayo makuru ababaje,bikaba byatuma rimwe narimwe igihe umuntu aryamye arota abona impanuka y’imodoka.

Ibi akenshi bikunda kuba kubantu bafite ababo bazize impanuka z’ibinyabiziga cg bagatakaza incuti zabo zahafi kubera impanuka z’ibinyabiziga.

Ariko iyo bitameze gutya ukarota ubona impanuka y’imodoka aba ari ikimenyetso kigaragaza agahinda gakabije n’ihungabana.

Ubu busobanuo mwabuteguriwe kandi mubugezwaho na Youtube Channel yitwa Ingando online,ibagezaho ibiganiro muburyo bw’amashusho ariko tubisabwe nabakunzi bacu tunashyiraho ubu buryo bwogukurikira ibiganiro tuba twateguye m’uburyo bwanditse.

Niba hari inzozi zindi utumvise muri izi tumaze gusobanura cg ukaba hari inyunganizi cg ikibazo ushaka kutugezaho,wabitwandikira ubinyujije m’umwanya wagenewe comment,cg ubinyuze kuri page yacu ya facebook yitwa ingando online.

Ibyo mutwandikiye turabisoma kandi tugahita tubasubiza.

Niba wakunze iki kiganiro ntuze kugenda udakoze subscribe kuri channel ya Ingando online kugirango mujye mubona ibindi biganiro tuba twabateguriye muburyo bwa videwo.

Ibindi biganiro wakurikira muburyo bw'amashusho


2.Ubusobanuro bwo kurota inzoka

3.Ubusobanuro bwo Kurota usamba n'umuntu uzi

4. America iri kubaka umujyi tugiye gutuzwamo kuri Mars

 


Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye