BIRABABAJE:Umwarimu ufite A0 ntazi kwandika ibaruwa y'akazi!
Nkuko bigaragara ku
ibaruwa uyu murezi yandikiye umuyobozi w’akarere ka Bugesera asezera ku
kazi,biragaragara ko yitwa NIYONSENGA Anselme akaba yigishaga k’urwunge rwa
mashuri ya GS Kabeza.
Muri iyi baruwa,ntihagaragaramo
amashuri uyu murezi yize cg icyo yigishaga.
Uwitwa UMUTONI yashyize
iyi baruwa kuri facebook atabariza ururimi rw’ikinyarwanda agira ati”SAVE
KINYARWANDA,SAVE RWANDA”.Yakomeje agira ati”Anselme rwose kuri A0 ye akabaruwa
aragashishimuye! Ikinyarwanda mu marembera”.Abatanze ibitekerezo kuri iyi ngingo nabo bumiwe bamaze kubona uko iyi baruwa yanditse.
Uburyo bwa mbere ni
ukwandika ibaruwa yitwa IBARUWA Y’UBUYOBOZI(administrative letter).Uburyo bwa kabiri
ni ukwandika ibaruwa yitwa IBARUWA ISANZWE(formal letter) izwi kandi ku izina ry’IBARUWA
YA GICUTI.
Ntamategeko y’ihariye
agenga imyandikire y’ibaruwa isanzwe(ibaruwa ya gicuti) kuko umuntu yemererwa
kuyandika uko abishaka n’uko abyumva,akaba yashushanyaho,agatondeka ibika uko
abishaka,mbese umuntu ayandika uko yiboneye ariko ubutumwa atanga bukaba
bwumvikana kandi busomeka neza.
Imyandikire ikwiye
y’ibaruwa igenewe ubuyobozi cg umuyobozi
Ururimi rw’ikinyarwanda rugena imyandikire ikwiye y’ibaruwa iba igenewe ubuyobozi.
Kirazira kwandika ibaruwa
yagenewe ubuyobozi mu mukono udasomeka neza.Niyo mpamvu nubwo waba ntamashini
ufite,ugiye kwandika ibaruwa igenewe ubuyobozi uba ugomba gushaka uwakwandikira
iyo baruwa n’imashini kuko inyandiko y’imashini isomeka k’uburyo butavunanye.
Kirazira gusiribanga,kwandika
uhina amagambo,kwandika uzimiza,n’andi mategeko agiye atandukanye.
Ikindi gisa naho kihariye
ku ibaruwa igenewe ubuyobozi,ni uko igira amategeko agenga uko utondekanya
amagambo wanditse,buri rimwe mu mwanya wayo.
Urugero:Hari ahagenewe
kujya imyirondoro yawe,uwo wandikiye,ahajyenewe amatariki,icyo usaba ndetse
naho ugomba gushyira umukono.
Ibaruwa y’ubuyobozi igira
ibice icyenda(9)uba ugomba kuzuza mukwandika ibaruwa yawe wandikira umuyobozi
cg urwego rw’ubuyobozi. Niba ushaka kwiga uko iyi baruwa yandikwa wakurikirana
iyi video unyuze hano.Kanda hano urebe video
Ikibabaje n’uko abantu
basa naho bakuze muri iyi mwaka,aribo baha agaciro imyandikire y’ikinyarwanda
mugihe abakiri bato abenshi batazi kwandika neza ururimi rw’Ikinyarwanda.
Ubona hakorwa iki ngo ibi bikosorwe?
Igitekerezo cyawe cyafasha benshi.
Ushobora gukanda hano
ugakora subscribe kuri youtube channel yacu yitwa Ingando online kugirango ujye
ubasha kubona ibiganiro tuba twabateguriye m’uburyo bw’amashusho Kanda hano.
IZINDI NKURU WASOMA
1.Abagore 3 batawe muri yombi bazira gukoza isoni abashyitsi basuye Urwanda
2.Umumasayi yasize atekeye umutwe umukozi wa bank(loan officer) mbere yo kwerekeza mu mahanga.
3.Nyuma yo gusambanira kuri Aritari ya Saint-Michel,umusore n'inkumi barashakishwa
4.Uburyo ubumara bw'inzoka buvamo imiti ituvura indwara zikomeye
5.Amabuno ateye neza y’umwarimu kazi i Musanze,arigutuma abanyeshuri yigisha bifuza kuryamana nawe.
Ibindi biganiro wakurikira m'uburyo bw'amashusho
1.Kwipima inda,ukoresheje Isukari
2.Gupima inda ukoresheje korogati(Colgate)Birizewe nk'ibindi byose
3.Dore uko wakoresha umunyu ugapima ko utwite
Comments
Post a Comment