Abazulu bimitse Umwami wabo mumakimbirane akomeye cyane

Umwami mushya w'Abazuru Misuzulu ka Zwelithini


Misuzulu ka Zwelithini yimitswe nk’umwami w’Abazulu mu mumigenzo gakondo yabereye muri Afrika y’epfo.Ibi byabaye nyuma y’amakimbirane akomeye yari ari mu muryango wa cyami aturuka kukutemera ko Misuzulu ka Zwelithini ariwe wari buhabwe ubwami.

Misuzulu ka Zwelithini ni mugabo w’imyaka 48 akaba umuhungu w’umwami uheruka gutanga (gupfa), ariko bamwe mubagize umuryango w’Ibwami bavugaga ko atari we warazwe ingoma kandi ko habayeho guhindura(Guhimba) irage umwami yasize akoze.

Imbaga y’abantu kuwa gatandatu bazindukiye mu muhango gakondo wo kwimika Misuzulu ka Zwelithini mu muhango wari ugiye kubera ku ngoro yitwa Kwa Khangela-mankengane.

Uyu muhango gakondo uteganya ko umwami mushya yinjira mu ndaro(Aho bambariza abakurambere) kwambaza abakurambere be nk’umwami uba ugiye kwimikwa. Nyuma yibi atangarizwa abazima n’abapfuye ko ariwe mwami w’Abazulu.

Mukwitegura uyu muhango Inka zirenga 10 zarabazwe.   Mu kwezi gutaha, Umwami Misuzulu ka Zwelithini azakirwa na guverinoma mu birori bya leta nk’Umwami mushya w’abazulu.

UYU MWAMI ABA AFITE IRIHE JAMBO MUGIHUGU KIYOBORWA NA REPUBULIKA?  

1.Nkuko tubikesha ikinyamakuru BBC,Ubu bwami nta ngufu z’ubutegetsi busanzwe bwa Poritike buba bufite.

2.Kimwe cya gatanu cy’abaturage ba Afrika y’Epfo ni Abazulu kandi ubwami bwabo bubagiraho ijambo rikomeye kuko babukomeyeho cyane.

3.Reta ya Afrika y’epfo igenera ubu bwami ingengo y’imari ingana na miliyoni $4.9 ku mwaka ava mu misoro.

4.Ubwami bw’Abazulu bufite amateka abuhesha ishema muruhando mpuzamahanga. Buzwiho ko ku Isi, bwatsinze kuburyo bukomeye cyane ingabo z’abakoroni b’abongereza ahagana mu 1879 mu rugamba rwanditse amateka rwitwa Isandlwana.  

ICYO MATEKA AVUGA KUMAKIMBIRANE AKUNZE KURANGA ISIMBURANA RY’ABAMI B’ABAZULU

Si ubwambere bibaye ko gusimbuza umwami wabo ziteza amakimbirane,dore ko hari n’igihe  amaraso ameneka. Ibi byabaye ubwo Umwami wabo Shaka ka Senzangakhona ahagana 1819 yishe umuvandimwe we  kugira ngo yime ingoma.

Gusa nubwo byagenze gutyo nawe nti byaje kumugwa amahoro kuko nawe yaje kwicwa akagwa mu mugambi wacuzwe na mwishywa we.  

INKOMOKO YAVUBA KUMAKIMBIRANE KU IYIMIKWA RYA MISUZULU KA ZWELITHINI

Nyuma y’urupfu rw’Umwami Goodwill Zwelithini ka Bhekuzulu rwabaye umwaka ushize, nibwo amakimbirane yatangiye gufata indi ntera.

Umwami Goodwill Zwelithini ka Bhekuzulu watanze

Ubwo yapfaga, Umwami Zwelithini yari amaze imyaka 50 kungoma kaba yari afite abagore 6.

Mu irage rye ritavuzweho rumwe, yavuze ko umugore we wa gatatu Umwamikazi Mantfombi Dlamini Zulu ari we araze nk’umusigire uba uriho mu gihe batarimika umuzungura.

Uyu Mwamikazi niwe wari mukuru(Ikirenga)mu bagore b’Umwami, kuko yakomokaga mu muryango w’undi w’abami. Se umubyara yari Umwami Sobhuza II kandi musaza we ni Umwami Mswati III wa Eswatini.

Kurongorwa k’uyu mwamikazi ufite ibisekuru hanze y’Abazulu byazanye n’ingingo y’uko umuhungu we wa mbere ari we uzaragwa ingoma ku rupfu rwa se. Umwamikazi Mantfombi yapfuye hashize ukwezi kumwe gusa asigiwe ingoma, maze umuhungu we Misuzulu ka Zwelithini ahita aboneka nk’ugomba kwima ingoma.

Ibi umuryango w’umwami ntiwabifashe neza kuko wari wacitsemo ibice bitatu, burikimwe gishyigikiye igikomangoma kifuza:

Misuzulu ka Zwelithini

Simakade ka Zwelithini

Buzabazi ka Zwelithini.  

Mukwezi kwa 3 Perezida wa Afrika y‘Epfo yemeye byeruye ko Misuzulu ka Zwelithini ari we mwami mushya w’abazulu. Ibi byongeye gukurura impaka maze umuvandimwe we Mbonisi Zulu atanga ikirego m’urukiko asaba urukiko guhagarika iyimikwa rye. Urukiko rwaje kwanga ubu busabe rwemeza ko imihango yo kumwimika igomba gukomeza nta nkomyi.

Ni mugihe  Icyumweru 1 mbere y’uko Misuzulu umwami wemewe yimikwa, undi muvandimwe we kuri se, witwa Simakade cyimitswe n’itsinda rito rimushyigikiye mu muryango w’ibwami rishingiye ngo kukuba ari we muhungu w’imfura y’umwami,akandi akaba yari inkoramutima na Se.

Minisitiri w’Intebe w’ubwami Mangosuthu Buthelezi ibi yabyise "ubusazi bw’ubushotoranyi”.

Misuzulu ka Zwelithini ni muntu ki?

Yavutse kuwa 23/09/1974 i Kwahlabisa, KwaZulu-Natal.

Yize amashuri muri St Charles College i Pietermaritzburg, KwaZulu-Natal.

Kaminuza yayize muri Jacksonville University muri US, akaba yabaye igehe kirekire.

Afite abagore babiri, n’abana b’abahungu batatu.

Amakimbirane no kutavuga rumwe birakomeje. Ibi biri kuba mugihe imyiteguro y’ibirori byo kwimika umwami ikomeje. Uyu muhango uzaba kuwa  24 ukwezi kwa Cyenda(Nzeri).

Nibwo  umwami mushya azimikwa akanamurikirwa rubanda.










 


Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye