Posts

Showing posts from February, 2022

NIBA HARI UWO UZI MUMENYESHE:Inzobere mukuvura ibibari kuva USA ziri i Kigali

Image
Indwara y’ibibari   ni inenge umuntu avukana irangwa no gusaduka kwigice cy'umunwa wo hejuru.Ntago ibibari bigarukira aha kuko hari naho usanga   ubu burwayi bwarafashe igisenge cy'akanwa ugasanga nacyo cyarasadutse. Ubu rwayi bwo gusaduka k’umunwa wo hejuru mucyongereza bwitwa cleft lip naho gusaduka kw’igisenge cy’akanywa bikitwa cleft palate .Usanga rero hari abana bavukana ubu burwayi bwombi cg bakavukana bumwe muri bwo. Ikintu gitera ubu burwayi ntikiramenyekana. Kugeza ubu ntiharamenyekana neza icyaba gitera ubu burwayi uretse kuba bizwiko bukunze gufata abana bakiri munda bagejeje igihe k’iminsi 35 isama ribayeho kuko ari muri icyo gihe ibice bizakora iminwa ndetse n'isura biba birimo kugenda byiyegeranya bikifunga. Iyo rero ibi bice bitifunze ni bwo havuka icyo kibazo,umwana akazavukana uburwayi bw’ibibari cg uburwayi bwo gusaduka igisenge cy’akanwa.Ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko mubihugu byateye imbere umwana 1 ku bana 700 avukana uburwayi bw’ibibar

Dore urutonde rw'indwara zivurwa n'igitunguru gitukura

Image
Uretse kuba benshi muritwe Igitunguru gitukura tugikoresha inshuro nyinshi nk’ikirungo mugihe  tugiye gukaranga cg tukagishyira ku ifiriti no kuri salade,ntago ari kenshi tujya dudekereza ku mumaro ukomeye wiyongera kukuba iki gitunguru gituma ibiryo bihumura neza ndetse kikabyongerera uburyohe. Mukiganiro cyuyu munsi tugiye kurebera hamwe akandi kamaro gakomeye kigitunguru ndetse n’uko ushobora kukifashisha mubundi buryo mubuzima bwa buri munsi. Reka duhere kubigize iki gitunguru ndetse n’umumaro wabyo. Igitunguru gitukura kigizwe na vitamine zitandukanye hamwe n’imyunyu ngugu itandukanye. Aha twavuga ko igitunguru gikungahaye kuri   Vitamin C,Vitamin B6, B9, Calcium,Sodium,Vitamin A. Kuba igitunguru gikungahaye kuri ibibintu icyarimwe,bigiha ubushobozi bwo kuba kitakwitwa ikirungu gusa,ahubwo kikaba cyakwitwa umuti w’indwara zitandukanye. Reka turebere hamwe bimwe mubyo igitungu gikora cg gifasha kubuzima bwacu. ·        Iyo ugize ibyago byo kuribwa n’uruyuki,ushobora kwi

40 BISHWE N'IBIZA.Ibintu 18 ugomba kwirinda gukora mumvura

Image
Abantu benshi ku isi bagenda bahitanwa n’indwara,Ibiza cg impanuka kuburyo bigaragara ko hari icyo bagakwiye kuba bakoze kugirango birinde izo ndwara,Ibiza cg impanuka zahitanye ubuzima bwabo. Muri iyi nkuru tugiye kureba bimwe mubintu byingenzi ugomba kuzirikana igihe cyose ubonye imvura iguye bitewe naho uherereye yaba mugihe uri murugo,munzira cg uri mu muhanda utwaye ikinyabiziga. Ibi ni kumpamvu zuko n’ubwo hari impanuka utakirinda ariko hari n’izo wakwirinda. ICYO UGOMBA GUKORA MUGIHE IMVURA IGUYE URI MURUGO. Igihe imvura iguye ugomba kwirinda gukora ibibintu mugihe uri murugo 1.Ugomba kwirinda kujya mu mazi hanze ndetse ukabuza abana kuba bakinira mu mvura. 2.Mugihe hari kugwa imvura irimo imirabyo n’inkuba ugomba kwirinda gucomeka ibikoresho bikoreshwa n’umuriro w’amashanyarazi.Ex:Television,Radio n’ibindi. 3.Comokora ibikoresho bikoresha umuriro w’amashanyarazi. 4.Ugomba kwirinda kuvugira kuri Telephone mugihe imvura iri kugwa. 5.Ugomba kwirinda kwegera ahantu

Yasabye Perezida guhagarika itangwa ry'icyacumi n'amaturo munsengero

Image
Icyacumi cg kimwe mu Icumi ni ijambo rimenyerewe cyane munsengero nyinshi.Abayobozi b’amadini n’amatorero bakunze gusaba abakirisitu gutanga amafaranga y’icyacumi ku mishahara cg kukindi kintu babonye nk’inyungu.Nubwo benshi bakunze kumva icyacumi bakumva amafaranga ariko hari n’abavuga ko umuntu aba agomba no gutanga icyacumi cy’imyaka ivuye mubutaka aba yasaruye. Ibi hari bamwe bavuga ko bidakwiye kuko ari ugushaka indonke mu bakirisitu. Hari umugabo utuye mu gihugu cy’abaturanyi cy’Uburundi wandikiye minisitiri(Umushikiranganji w'intwaro yo hagati mu gihugu iterembere rusange n'umutekano),amusaba ko yamutegurira umuhuro wo kumuhuza n’Abapadiri hamwe n’Abapasitori,kugirango abanyomoze kubijyanye no gutanga kimwe mu icumi. Uyu mugabo yitwa   Aloys MBAYAHAGA utuye muri Komine MUTAMBU mu ntara ya BUJUMBURA.Mu ibaruwa ndende yandikiye minisitiri yamugaragarijeko aba bakozi b’Imana basoma igitabo gitagatifu cya Bibiriya gifunze kuburyo badashobora gusobanukirwa ibyanditswe a