Uburyo ubumara bw'inzoka buvamo imiti ituvura indwara zikomeye


Inzoka n'ingirakamaro kubuzima bwacu


Inzoka iri munyamaswa ziza imbere munyamaswa abantu benshi batinya ,kandi banga urunuka.Abenshi muritwe tuyita Shitani!

Iyo hagize uyibona ntakindi aba yumva yayikorera uretse kuyica cg agatinyishwa n’ubwoba ,akaba yayireka ikagenda ariko atabitewe n’impuhwe ayigiriye ahubwo abitewe n’ubwoba AYIFITIYE.Igihe cyose ntago inzoka isobanuye ikintu kibi.

Uyumunsi tugiye kurebera hamwe ibyiza by’inzoka k’ubuzima bwacu n’umumaro inzoka idufitiye yaba murwego rw’ubuzima n’ubukungu bw’isi muri rusange.

KURIKIRA IKI KIGANIRO MUBURYO BW'AMASHUSHO

Uko inzoka iteye muri rusange

Mumiryango itandukanye y’ibinyabuzima bituye kuriyisi yacu,Inzoka iri mumuryango wibikururanda.

Uruhu rwayo ruba runyerera,uretse ko hari amoko amwe namwe agira uruhu rutwikiriwe n’amagaragambya. Ntamaguru igira,igenda ikurura inda hasi,amaso yayo ntahumbya ahubwo atwikiriwe n’utuntu tumeze nk’indorerwamo dutuma ihora ireba kandi ntitokorwe nubwo yaba igendera mw’ivumbi cg mubyatsi, amatwi yayo ameze  nkutwobo duto twinjiye mumubiri wayo, ikagira ururimi ruhorose rwigabanijemo udushami,ikagira n’amenyo maremare y’imbere arimo utwobo duto duturukamo ubumara.

Inzoka n’umuhigi w’umuhanga muguhiga no kwica umuhigo wo kurya.Ishobora kwica umuhigo ikoresheje imbaraga ziri mu mikaya yayo ivuye kumutwe ikagera kumurizo ,maze ikizengurutsa kuricyo kintu ikagikandakanda  igihonyora kugeza amagufa yacyo amenaguritse hanyuma kigapfa ikakirya. 

Nubwo inzoka igire ubumara ariko ntago ipfa kubukoresha gutyo gusa.

Inzoka iba ifite ubumara ariko bitewe n’igihe kinini bitwara umubiri wayo gukora ubwo bumara, ntago inzoka ijya ipfa kubukoresha mukwica umuhigo keretse ikintu kiyitunguye gishaka kuyigirira nabi cg ikabukoresha mugihe umuhigo yafashe ushobora kuba uyirusha imbaraga, nibwo inzoka ikoresha amenyo yayo ikaruma umuhigo ikawushyiramo  ubumara, kugirango ucike intege ibone uko iwufungura.

Inzoka ikoresha ibyumvurizo byayo bihanitse kurwego rwohejuru byo kureba neza kandi kure yaba kumanywa cg n’ijoro.

Ifite ubushobozi bwo kumva no kumenya aho umuhigo wanyuze kandi nubwo ntamaguru igira ntibiyibuza kugendera kumuvuduko munini cyane kubutaka no mumazi kuko inzoka izi koga.

Ifite ubushobozi bwokwihuta kumucanga no mumabuye ashinyitse,kurira urukuta ruhengamye nokurira mubiti nokugendera mumashami yabyo.

 

Inzoka iri munyamaswa zizwi kurusha izindi mu muryango winyamaswa zifite ubumara kandi zimpigi zica.

Inzoka nyinshi ntago zipfa kuruma abantu,keretse mugihe umuntu yaba agerageje kuzifata cg kuzibangamira mubundi buryo nko kuba wayikandagira utayibonye n’ibindi bikorwa umuntu yayikorera bigasaba ko yitabara.

INZOKA IDUFITIYE AKAMARO GAKOMEYE MUBIJYANYE NUBUVUZI

 

Wenda ntiwigeze ubitekerezaho,ariko inzoka ifite akamaro gakomeye cyane murwego rw’ubuvuzi n’ubwirinzi bw’indwara zibyorezo.

Reka duhere kukuba ubumara bw’inzoka bufite akamaro murwego rw’ubuvuzi.

Mumyaka yakera cyane igihe ubuzima bw’umuntu bwari bushingiye kubuhigi,harabahigi babahanga bitegereje uko inzoka ishobora kwica ikintu kinini kiyirusha imbara, babikuramo amasomo akomeye.

Nkurugero inzoka yimpiri ifite ubushobozi bwokwica imbogo[Inka yo mwishyamba] ikoresheje ubumara bwayo.

Mugihe inzoka irumye inka ‘mukanya gato ubumara bumaze kugera mumaraso ,amaraso atangira kugenda avura aturutse aho inzoka yarumye.Ibi bituma yanka itangira gucika intege no kuba pararize.

Icya kabiri nuko umutima ukomeza gutera ariko ukageraho ugahagarika gutera kuko ntamaraso aba akiwugeramo hanyuma ugahagarara.ushobora no guhagarikwa nuko uri gukoresha ingufu z’umurengera mugusunika amaraso mu mitsi yarangije kuziba.Ibi nina byo biba k’umuntu inzoka irumye.

Uburyo abahigi batumye inzoka y’injizwa mubuvuzi

Abahigi twavuze haruguru nubwo batari bazi byinshi cyane ariko babashije kumenya ko inzoka ifite ubumara maze biga uburyo bashobora kububyaza umusaruro mukazi kabo kaburi munsi.

Bashatse uburyo bwo gufata inzoka  nzima bakayitamika ikintu ikakiruma maze ubumara bwasohoka mumenyo yayo bakabufata bakabubika neza.

Mugihe babaga bagiye guhiga, bafataga bwa bumara bw’inzoko bakabusiga kumacumu yabo kuburyo iyo iryo cumu bariteraga inyamaswa bashaka kwica rikayifata,ibyayo byabaga birangiriye aho.

Nubwo itahitaga ipfa ikaba yakwiruka ,yirukaga umwanya muto maze igacika intege ikabura uko yiruka cg igatakaza ubushobozi bwo kurwana maze bakayikurikira bakayisanga aho yaguye bakayica. Murako kanya bihutiraga gukata igice kizengurutse aho ryacumu  ryafashe ubumara butaragera kure ngo bukwire umubiri wose.

Ubu ni bumwe  mubwenge abahigi bungutse,bworohereje akazi kabo kaburi munsi.Ntabwo bongeye kwirukankana inyamaswa umwanya munini nokurwana no kuyica kuko ntambaraga zo kukwirwanaho yabaga isigaranye.

Iki gikorwa cyavumbuwe n’abahigi ni kimwe mubwenge abantu bariho muricyo gihe bavumbuye kubigendanye no gukoresha  ubumara bw’inzoka.Bagiye babiteza imbere kuburyo bageze naho batangira kubukoresha mubikorwa by’ubuvuzi.

Uyumunsi wa none bisa nibyafashe indi ntera kuko ubumara bw’inzoka busigaye butunganyirizwa munganda z’imiti bugakorwamo imiti itandukanye yifashishwa mubuvuzi bugezweho.

Urutonde rw’imiti yongerwamo ubumara bw’inzoka


Imiti
  imwe nimwe ivura kanseri itarakura.

Imiti y’umuvuduko w’amaraso.

Imiti ya diabete.

Imiti igabanya uburibwe.

Ubu bushakashatsi bwo gukoresha inzoka mubuvuzi bwatangiye ahagana mu 1800

Ubu bushakashatsi bwatangiye gutezwa imbere,ahagana mumyaka yi 1800. Icyo gihe,abashakashatsi banyunyuza ubumara bw’inzoka bifashishije ibikoresho byabugenewe bakabushyira mubyuma bishinzwe uwo murimo, hanyuma baka bwumisha bakabuvanga n’ibindi binyabutabire bigahinduka ibisukika kuburyo bakuramo urukingo rwarinda umuntu igihe ariwe n’inzoka y’ubwoko runaka,ntagire icyaba.

Urumva rero ko n’ubwo twanga inzoka ariko burigihe ziko inzoka aba arimbi kubuzima bwacu.

Inzoka ishobora gusobanura ubuzima buzira umuze,gukira indwara cg inzoka ikaba ikimenyetso kiranga aho wakura ubuvuzi bw’indwara zitandukanye.

Ushobora no kubona iki kimenyetso kungobyi z’abarwayi cg mumaguriro y’imiti y’abantu cg amatungo.

Mwakoze kudukurikira.

Uramutse ufite igitekerezo,ikibazo cg inyunganizi,watwandikira unyuze muri comment cg ukanyura kuri page yacu ya facebook yitwa Ingando online.Ushobora no kudusanga kuri youtube Kanda hano


Ibiganiro wakurikira m'uburyo bw'amashusho

3.Ngibi ibintu wakora ukimara gutandukana nuwo mwakundanaga.

Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye