Ubusobanuro 6 bw'ibanze kunzozi zifitanye isano no kurota utwaye igare


Iyi ni Ingando online mukurikiye.

Murugendo twatangiye rwogusobanura inzozi zitandukanye ,dukomereje k’ubusobanuro bw’inzozi zifitanye isano no kurota utwaye igare n’izindi nzozi ziri rusange abantu benshi bahuriraho,ziba zifitanye isano no kurota igare m’uburyo butandukanye.

Kurikira iki kiganiro m’uburyo bw’amashusho.

Kuva mugihe k’iterambere ry’ibikoresho biva mu nganda,igare ryahindutse kimwe mugikoresho abantu benshi bakoresha m’ubuzima bwa buri munsi.

Hari ibitekerezo bivuga ko bitewe n’ukuntu dukunze kubona amagare menshi mu muhanda cg gukunda imikino y’amasiganywa y’amagare,biri mubintu bishobora gutuma umuntu agira inzozi zifite  aho zihuriye n’igare, gusa ibi ntago ariyo nkomoko yabyo gusa.

·         Muri rusange,Kurota ubona igare munzozi aba ari ikimenyetso kigaragaza ukuntu uba uri guhangana no kwakira ubuzima urigucamo muri iyo minsi.

·         Inzozi nkizi kandi ziba zihishura ukuntu utangiye gufata ubuzima bwawe ukabwerekeza mukerekezo gishya,cyane cyane bishingiye kuguhindura intego nibyo wari wariyemeje ariko ukabikora biturutse kumpamvu zitandukanye.

Dufashe nkurugero hari igihe bishoboka ko umuntu yaba yigaga mu mashuri y’ikiciro rusange(O Level) afite umushinga umurihirira ariko yamara kugera mu mwaka wakane w’amashuri yisumbuye umushinga wamurihiriraga ugahagarara,bigatangira kumugiraho ingaruka mu myigire ye. Haramutse hari umuntu bigendekeye gutya biroroshye ko uyu muntu yatangira kujya agira inzozi zifite aho zihuriye no kurota igare nk’ikimenyetso cyuko atangiye gutekereza icyerecyezo gishya yacamo no gufata izindi ngamba zuko ari bukomeze amasomo cyangwa agahitamo kuyahagarika bitewe nuko aba abona ntabundi buryo na bumwe asigaranye bwogukomeza kwiga.

Inzozi nkizi ntago zareberwa muri iki cyerekezo gusa.

Birashoboka ko,ushobora no gutandukana n’incuti mwajyaga muganira ibintu byinshi kandi by’ingenzi cyane kuburyo igihe wabaga ukeneye inama yasangaga iyo ncuti.

Uko gutandukana bishobora gutuma utangira gushaka uburyo bushya ugiye kubaho udafite uwo muntu ugafata icyerekezo gishya,bikaba byanatuma utangira kurota inzozi zifitanye isano n’igare.

Kurota ubona igare munzozi bishobora gutandukana nibi tumaze kuvuga haruguru.

Bitewe nuko iryo gare warose ryari rimeze,niba ryari rishya cg rishaje cg ubona ryangiritse cg ukabona wari uritwaye cg ukabona hari uwari arigutwayeho cg ari wowe wari umutwaye.

Niba hari inzozi zifitanye isano nokurota igare waba ufite ariko ntuze kuzumva muri izi tugiye kuvugaho,waza kutwandikira ubinyujije m’umwanya wagenewe comment cg ugaca kuri page yacu ya facebook yitwa Ingando online.

Ibyo uzatwandikira tuzabisoma maze duhite tugusubiza.

1.Ubusobanuro bwo kurota utwaye igare muburyo busanzwe.







Incuro nyishi kurota utwaye igare n’ikimenyetso gituruka k’umunaniro umuntu aba afite.

Ubwonko buba burimo butanga integuza yuko buri gukora binyuranyije nuko bwari busanzwe bukora,bityo bukaba butaramenyera iyo mikorere.

Urugero:Kuba umuntu yakoraga akazi k’amanywa nyuma bikaba ngombwa ko ajya akora ijoro izo mpinduka zishobora gutuma umuntu arota atwaye igare.

Kurota utwaye igare na none bishobora kuba ikimenyetso kigaragaza ko uri wa muntu uri gushaka gukorera kw’isaha cg kutubahiriza igihe.Gusa na none kurota utwaye igare, bishobora guturuka ku byiyumviro bikangura imyanya ndanga gitsina nko gutekereza cg kuvugana cyane n’umuntu mukunda cg kureba amashusho akangura imyanya y’ibanga{Prono}.

2.Kurota utwaye igare uri wenyine ushobora no kurota uritwaye uri kumwe nundi muntu umuhetse cg aguhetse.

Iyo urose uhetse undi  muntu kw’igare,inzozi nkizo aba ari ikimenyetso kigaragaza ko uri wa muntu ushobora kwigenzura m’ubuzima bwawe.

Urugero: Hari abantu bagira umujinya witwa umujinya w’umurandura nzuzi.

Inzuzi ubwazo mu muco nyarwanda zari zifite akamaro gakomeye cyane kuko zavagamo umuti,zigatanga ibihaza biribwa cg bakazikuraho imboga zo kurya.Kugira umujinya w’umurandura nzuzi rero bitanga ishusho y’umujinya umuntu atabasha kugenzura k’uburyo igihe afite umujinya ashobora gukora ibintu byashyira ubuzima bwe mukaga nko kurwana,gukubita abandi,gutukana,kumenagura ibintu,cg kugira inzigo.

Ibintu nkibi n’ibintu ubwabyo bigirira ubuzima bwacu nabi.

Kurota rero utwaye umuntu kwigare bishobora kuba ikimenyetso kigaragaza uko ugenzura ibintu bimwe na bimwe m’ubuzima bwawe.

Gusa k’urundi ruhande ushobora kurota utwaye undi muntu kwigare nk’ikimenyetso  kigusaba kugira umutima wokwicunga no kwigenzura mubihe by’umubabaro.

3.kurota ugerageza gutwara igare ariko bikakunanira. 

Kurota ugerageza gutwara igare ariko bikakunanira ukurikije ubusobanuro bwizi nzozi,ntago ari ikintu kiza biba bigaragaza.

Waba usanzwe uzi gutwara igare cg utazi kuritwara,iyo urose ubona gutwara igare byakunaniye aba ari ikimenyetso cyo kubura amahitamo.

Hari igihe muri iyo minsi uba urimo guca mubintu bigusaba guhitamo witonze cg ukaba ubona wabuze uko ukemura ikibazo ufite.Kurundi ruhande,kurota izi nzozi, bishobora nokuba bitaba ibibazo waburiye ibisubizo muri ako kanya, ahubwo bikaba ari ibintu biba bizaba mu minsi iri imbere,bityo kurota unanirwa gutwara igare bikaba ari ikimenyetso cy’integuza yuko hari ibibazo ugiye kuzanyuramo mu minsi iri imbere.

4.Kurota ubona utwaye igare mumvura cg uritwaye uri mu masiganywa.

Iyo urose utwaye igare mumvura aba ari ikimenyetso cy’uko hari umuntu wincuti yawe uzagukorera ikintu gitangaje ugatungurwa.

Gusa icyo kintu gishobora kuba ari igikorwa kiza cg kikaba ikintu kibi utari witeze ko wagikorerwa n’umuntu w’incuti yawe.

Iyo noneho urose uri mumasiganywa y’amagare ariko ntuyarangize, inzozi nkizo aba ari ikimenyetso kigaragaza ko ugiye guhura n’akazi kenshi mu minsi iri imbere k’uburyo bizagusaba gukoresha ubushishozi n’ubwenge kugirango ubashe kukarangiza neza.

Ariko iyo urose ubona waruri mu masiganywa ukabona urayarangije,byo biba ari ikimenyetso cyuko mu minsi iri imbere uzumva inkuru nziza.

5.Kurota ubona utwaye igare ariko ubona uri guca mu muhanda umeze nkumwobo.

Inzozi nkizi zo,aba ari ikimenyetso kigaragaza ko ugomba gutangira kwitegura ingaruka z’ibintu uba ukunda gukora cg bikaba gutangira kwitegura kuzakira ibintu bizakubaho biturutse ahantu hatandukanye.

Inzozi nkizi zikunda kuba kubantu baba birimo bahura n’ibibazo cg inzitizi zitandukanye ariko ugasanga ntibiteguye kwakira ibiba bizababaho.

Akenshi iyo urose izi nzozi uba ugomba gutangira kwitegura kwakira ingaruka mbi cg inziza gusa ugakora ibishoboka byose ukirinda ikintu cyagukururira ibibazo.

6.Kurota ubona utwaye igare ahantu hacuramye kandi nta feri rifite.

Kurota utwaye igare ridafite feri kandi uritwaye ahantu hamanuka nizimwe munzozi mbi cyane umuntu ashobora kurota.

Mubyukuri inzozi nkizi ntago zisobanuye ikintu kiza.

Izi nzozi zisobanuye kubura icyerekezo no gutakaza ibintu by’ingenzi m’ubuzima bwawe.

Bishobora kuba ikimenyetso cyo kubura akazi,ikimenyetso cyo gupfusha,ikimenyetso cyoguhura n’impanuka cg uburwayi bukomeye cg gutakaza ibindi bintu byagaciro mubuzima bwawe nko gutandukana n’umukunzi wawe n’ibindi nkibyo.

Iyi ningando online mwari mukurikiye.Ushobora gukurikira ibindi biganiro tuba twateguye m'uburyo bw'amashusho ukanze hano Kanda hano

Nkwibutsa ko niba hari inzozi ufite ukeneye kumenya ubusobanuro bwazo watwandikira tukazigusobanurira. Watwandikira unyuze mu mwanya wagenewe comment cg igitekerezo cyawe ukakinyuza kuri page yacu ya facebook yitwa Ingando online.

Ibyo muzatwandikira tuzabisoma kandi tubasubize.

Mwakoze kudukurikira,nahubutaha.

Ibindi biganiro mwakurikira m'uburyo bw'amashusho

1.Gukora imibonano mpuzabitsina uri mu mihango hari icyo bitwaye ?

2.NIDA yatangaje ibisabwa kubifuza guhinduza amafoto mabi ari kundangamuntu zabo

3.Niki,ibara ry'inkari wihagarika riba rivuze k'ubuzima bwawe ?

4.Indege yari yarazimiye imyaka 37 ishize, abari bayirimo bagarutse ari bazima!




 

Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Gupima inda ukoresheje Test de grossesse/Pregnacy test

Ubusobanuro 10 bw'ibanze kunzozi zo kurota urupfu muburyo butandukanye