Ngibi ibintu abakene dukora,bigatuma tutagera k'ubukire nyabwo








Iyi ni Ingando online.

Uyu munsi tugiye kurebera hamwe ibintu abakene dukora bituma tutigera dukira kabone n’ubwo twaba  dutangiye kubona amafaranga twa kwifashisha,tugahindura ubuzima.

Kurikira iki kiganiro m'uburyo bw'amashusho.


Ntago ari incuro nyinshi uzumva umukire avuga kumugaragaro uburyo ari umukire kandi afite amafaranga menshi cyane,ahubwo icyo umukire aba ashyize imbere ni ugukora cyane ibikorwa bye bikivugira.

Mubuzima tubayeho hari urwego rw’abantu bishimira kugura ikote ry’ibihumbi 20,ishati y’ibihumbi 10,ipantaro y’ibihumbi 15,inkweto z’ibihumbi 50 n’isaha y’ibihumbi 10 telephone y’ibihumbi 200 cg ibindi bintu birusha kure agaciro ibi tumaze kuvuga ariko nyuma yo kubigura ,ugasanga nta n’ibihumbi 10 basigaranye mu mufuka wabo.

Kurundi ruhande ushobora kuhabona undi muntu wambaye imyenda isanzwe rwose igura nk’ibihumbi 10 kandi agakoresha ya terephone yagatushe itarengeje amafaranga ibihumbi cumi na bitanu!

Nubwo biba bigaragara ko uyu muntu afite ibikoresho biciriritse,iyo ubashije kumenya imitungo afite yose usanga ibarirwa mugaciro kabarirwa muri za miriyoni.

Icyambere:Abakene ntago batita k’ubuzima bwabo mugihe abakire bo bita k’ubuzima bwabo.

Kuba tuvuze ko umukene atita k’ubuzima bwe ibyo twese turabizi.

Ubu tuvugana hari abantu bataragura ubwisungane mukwivuza bidatewe nuko ntabushobozi bafite bwo kubugura ahubwo bigaterwa nuko baziko ubwisungane mukwivuza budakenewe kuko iyo babuguze umwaka ushira batarwaye ngo bivuze,bityo iyo babuguze baba bumva bahombye.

Ibi sibyo kuko ntawusezerana n’uburwayi.Hari igihe umukene arwara kugirango abashe kwivuza bikamusaba kugurisha umurima we nabwo akawugurisha ku mafaranga make cyane bitewe nuko ashaka amafaranga yavuba yo kwivuza.

Urugero rwa kabiri:Twese turabizi ko hirya nohino aho tugurira ibyo dukeneye tuhasanga inzoga ndetse n’itabi kandi abashakashatsi bagaragaje ko ibi byombi Atari byiza k’ubuzima bwacu.

Umukire azahitamo kugurisha inzoga n’itabi kugirango umukene mu mafaranga yabonye amuvunnye aze agure inzoga n’itabi byice ubuzima bwe mugihe umukire arimo kubyungukiramo.Ntago ari kenshi uzasanga umuntu ucuruza inzoga yazinyweye yasinze ariko uzasanga akenshi abaguze inzoga aribo basinze.

Mu ijambo rimwe,menya ko niba ushaka kuba umukire ikintu cya mbere ugomba gukora,ugomba gutangirira kukwita k’ubuzima bwawe kuko hari igihe,igihe cy’ubukire kitazagusanga ukiri muzima ubaye utitaye k’ubuzima bwawe.

Icyakabiri:Umukire agura gusa ikintu kimwinjiriza amafaranga mugihe umukene agura ikintu kimutwara amafaranga.

Umuntu w’umukire ntago ajya akora ikosa ryo kugura ikintu kizajya kimutwara amafaranga kandi ntayandi mafaranga kizajya kimwijiriza.

Iyo bitagenze uku ukagura ikintu kizajya kigutwara amafaranga buri munsi kandi kitinjiza icyo kintu kiba kiri kuguhombya.

Urugero:Niba ufite telephone uzi amafaranga uyishyiramo kugirango ubashe guhamagara no gukoresha internet.

Bitekerezwako mubantu ijana kw’isi byibuze 80 muri bo baba bafite terephone za smarty phone.Ariko muri abo mirongo inani ku ijana bafite izo terephone zigezweho 5 ku ijana bonyine nibo bakoresha byibuze 20 ku ijana by’ubushobozi bwizi terephone zigezweho.

Izi terephone uretse kuba zikura amafaranga mu mifuka yacu zitwara umwanya wacu twakabaye dukora ibindi bintu byatubyarira amafaranga cg ibindi bintu bibarirwa mugaciro kamafaranga.Hari abantu barwaye amaso kubera gukoresha terephone nijoro baryamye kandi ibi bakabikora bananiwe mugihe bakabaye baryama bakaruhuka.

Nibyiza rero ko mbere yo kugura ibintu wajya ubanza ukagereranya agaciro kicyo bizakwinjiriza ukareba ko uzaba uri kunguka cg guhomba.

Icya gatatu:Ntamukire ukina urusimbi cg ngo ajye mu mikino yogutega.

Niba hari bumwe mubucuruzi buri kugera k’urundi rwego n’ubucuruzi bwitwa gukina Imikino yamahirwe ndetse no gutega.

Bene iyi mikino bagena ingano runaka y’amafaranga bari busohore mu mifuka yabo kugirango babone uko baza kwinjizamo andi menshi cyane.

Urugero:Umukire ashobora gupanga akavuga ko aribuhe abanyamahirwe 100 bari butange amafaranga 1000 kuri buri mukino akabasaba gutega cg gusheta ko nibatsinda ari bubahe ibihumbi 100 kuri buri muntu.Mubyumvikana gutanga amafaranga igihimbi ugatsindira ibihimbi 100 ni ibintu byiza kandi bitavunanye.

Niba ari uku bimeze abantu ibihumbi icumi bazaza babyigana buri wese ashaka gutsindira amafaranga ibihumbi ijana yatanze igihumbi gusa.

Ibi bizatuma umukire yinjiza amafaranga menshi cyane abarirwa mu mamiriyoni mugihe yashoye miriyoni imwe gusa.Kurundi ruhande nuko umuntu utsindiye aya mafaranga atayabyaza mo ikindi kintu kinjiza ahubo ahita ayasubiza mu mukino wamahirwe kugirango abone andi menshi yisumbuyeho bikarangira ayatakaje yose.

Nguko uko imikino yamahirwe itwara amafaranga menshi iyakuye mu mifuka yacu abenshi tugakena bake bagakira.

Icya Kane:Kugura ibintu igihe cya promotion

Igihe cya promotion twese turakizi kandi tuzi igihe ibihe bya promotion bikunda kuzira cyane cyane mu bihe by’iminsi mikuru.

Bizwi neza ko mubihe by’iminsi mikuru aricyo gihe abantu bakunda kugura ibintu byinshi kandi akenshi nakenshi baba badakeneye cyane.

Kugura ibintu igihe ibiciro byagabanutse bishobora gutuma umuntu agura ibintu byinshi k’uburyo atateguye bigatuma umuntu ashobora gutakaza amafaranga m’uburyo butaringombwa.

Abahanga muby’ubukungu batanga inama ko iyo umuntu agiye mwisoko agomba kuba afite urutonde yanditseho ibintu ari bugure yateguye kugirango atagura buri kantu kose abonye keza Atari akeneye akakagurira ubwiza bwako gusa cg kuko yumvise bakamamaza kandi bitari biri muri gahunda.

Icya Gatanu:Kwirengagiza umuco mwiza wo gukora no kwizigamira.

Ukuri kw’ibintu nuko ikintu k’ingenzi ufite atari icyo ufite none.Mbese ikintu kirangirana n’uyu munsi gusa.Ikinzenzi ni ikintu ushobora kuba ufite gishobora kukuramira ejo nejo bundi byakomeye.

Ntago burigihe m’ubuzima ibintu bihora bimeze neza.Hari igihe umuntu ageramo akaba nt’amafaranga ari kwinjiza bigasaba ko witabaza y’amafaranga wazigamye.

Uretse nibi kandi umukire azi neza ko hari imyaka azageramo akaba atakibashije gukora agatungwa nibyo yakoreye igihe yari agishoboye gukora.

Niyo mpamvu uko byagenda kose mubyo akora atibagirwa ikintu kitwa kwizigamira.

Iyo tuvuze kwizigamira ntago biba bisobanuye ko ugomba kwizigamira ibyo usaguye.Kwizigamira bisa no kwiyima ibyo udakeneye cyane uyu munsi ukabibikira umunsi wejo kuko ntawamenya uko ejo hazaramuka.

Ingaruka zo kutizigamira abenshi muritwe turazizi kuko tuzi uko byatugengekeye mugihe batubwiraga ko tugomba kuguma murugo kubera icyorezo cya korona virusi.

Niyompamvu ugomba gukoresha ibishoboka byose ukizigamira,ibyo ukabikora atari uko ufite byinshi ahubwo ukabikora kuko uzi akamaro kabyo.

Tekereza niba hari ibyo ubura kandi urimo gukora,utekereze nanone uko bizamera utakibasha gukora,uko bizamera.Ubutekereje ho neza nibwo uhita ubona gaciro ko  kwizigamira.

Iyi ningando online mwari mukurikiye.Niba ufite igitekerezo,ikibazo  cg inyunganizi   ushaka kutugezaho watwandikira unyuze kuri page yacu ya facebook cg ukabinyuza mu mwanya wagenewe comment.

Ibyo muzatwandikira tuzabisoma kandi tubasubize.

Mwakoze kudukurikira,ndabashimiye.


Ibindi biganiro wakurikira m'uburyo bw'amashusho

1.Kwipima inda,ukoresheje Isukari

2.Gupima inda ukoresheje korogati(Colgate)Birizewe nk'ibindi byose

3.Dore uko wakoresha umunyu ugapima ko utwite


 


Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye