Ibara ry’inkari wihagarika riba rivuze iki Ku Buzima Bwawe?


Iyi ni Ingando online mukurikiye.

Mukiganiro cyacu cy’uyu munsi tugiye kurebera hamwe inkuru ijyanye n’ubuzima.Turagaruka kucyo ibara ry’inkari umuntu yihagarika riba risobanuye kubijyanye nubuzima bwe.

Kurikira iki kiganiro muburyo bw’amashusho.

Ibara ry’inkari riba risobanura ibintu byinshi kubijyanye n’ubuzima ubayeho n’akamenyero ufite ko gukora ibintu runaka.

Inkari twihagarika zikorwa mugihe amaraso arimo guca mumpyiko kugirango ziyayungurure.Muri iki gikorwa impiko ziba zirimo gukora cyo  kuyungurura amaraso ,hagenda haboneka amatembabuzi azwi kw’izina ry’inkari, aba arimo  n’iyindi myanda y’ubwoko bunyuranye,aho igice kingana na 95% kiba kigizwe n’amazi 5% isigaye ikaba igizwe n’imyanda itandukanye.

Uko izo nkari zigenda ziboneka zigenda zica muduseke tuzikura mu mpfiko maze zikibika m’uruhago ariho ziva umuntu agiye kunyara. Iyo umuntu agiye kunyara bitewe n’impamvu tugiye kugarukaho muri iki kiganiro umuntu ashobora kunyara inkari zifite amabara atandukanye.

Aha twavuga nko kwihagarika inkari zisa umuhondo udakabije,izisa umuhondo ukabije,inkari zisa umweru mbese zijya gusa nk’amazi,cg umuntu akihagarika inkari zisa umweru umuntu yagereranya nuko wafata ingwa y’umweru ukagivanga mumazi.

Aya mabara yose nayandi atandukanye niyo turaza kugarukaho muriki kiganiro.

Uramutse ufite ikibazo,igitekerezo cg inyunganizi watwandikira unyuze mumwanya wagenewe comment.Igitekerezo cyawe tuzagisoma kandi tugusubize.

Ubusanzwe ibara ry’inkari m’uburyo rusange, n’inkari ziba zisa umuhondo ariko wa muhondo udakabije.Iri bara rusange ry’inkari rishobora guhinduka bitewe n’ingano y’amazi unywa buri munsi, amafunguro ufata agizwe n’ibyo kunywa binyuranye  ndetse nibyo kurya binyuranye.Ikindi gishobora guhindura ibara ry’inkari wihagarika n’ubwoko bw’imiti runaka.

Nyuma yo kureba ibi bintu bitandukanye reka noneho tuvuge kumabara.

Kwihagarika inkari z’urwererane.

Kwihagarika inkari z’urwererane cg inkari zijya gusa nk’amazi biba bigaragaza ko uba wanyweye urugero ruhanitse rw’amazi ukarenza amazi uba wemerewe kunywa k’umunsi.

Nubwo kunywa amazi buri munsi ari igikorwa kiza ariko hari urugero rw’amazi umuntu  aba atemerewe kunywa ku munsi bitewe n’impamvu zitandukanye.

Byibuze impuguke zitandukanye  zihuriza ku kuba umugabo agomba gufata litiro 3.7 z’amazi k’umunsi mugihe umugore we aba agomba gufata litiro 2.7 z’amazi k’umunsi. Gusa aya maritiro yose ntago bivuze ko ari amazi gusa uba ugomba kunywa.

Aya maritiro akubiyemo ibindi bintu byose bisukika uba ugomba gufata buri munsi,nko kunywa icyayi,amata,amazi nyirizina,n’ibindi binyobwa bitandukanye.

Nubwo kwihagarika inkari z’urwererane cg inkari zijya gusa nk’amazi ntacyo bitwaye ariko iyo  ukunda kubona wihagarika inkari z’urwererane buri munsi kandi ntabitembabuzi byinshi wafashe,aba ari ngombwa kugana kwamuganga.

Kunyara inkari z’urwererane buri munsi kandi ntamazi menshi wanyoye bishobora guterwa nuko waba utangiye kugira ikibazo cy’umwijima.Niyo mpamvu mugihe bimeze bitya uba ugamba kugana kwamuganga kugirango bagusuzume.

Impamvu ishobora gutuma umuntu yihagarika inkari zijya gusa umutuku.

Kwihagarika inkari zisa umutuku akenshi bituruka ku mafunguro uba wariye cyane cyane imbuto zigizwe n’umutobe utukura nk’ibinyomoro,inkeri n’ibindi.

Nubwo kunyara inkari zijya gusa umutuku biterwa n’ubwoko bw’amafunguro uba wafashe,hari igihe kwihagarika inkari zisa gutya bishobora guterwa n’izindi mpamvu z’ubuzima butameze neza.

Zimwe mu mpamvu zishobora gutuma wihagarika inkari zitukura n’ikibazo cy’uburwayi bwa prostate ku bagabo.Ibi bishobora na none guterwa n’indwara ituma mu mpyiko hazamo ibintu bimeze nk’amabuye izwi kw’izina rya kidney stones mu rurimi rw’icyongereza.

Ikindi gishobora gutuma umuntu yihagarika inkari zitukura ni igihe umuntu yarwaye ibibyimba mumpfiko cg ibyo bibyimba bikaba biri m’uruhago.Gusa n’ubwo bimeze bitya,kugitsina gore birashoboka ko mugihe cy’imihango cg nyuma yo kubyara umuntu ashobora kujya yihagarika akabona munkari ze harimo amaraso ashobora kuba agaragara cyane cg akagaragara gahoro.

Iyo rero ubonye uri kwihagarika inkari zisa umutuku utari mugihe cy’imihango cg wabyaye utanariye ibintu bifite ibara ritukura,icyo gihe nabwo uba ukeneye kwihutira kujya kwa muganga.

Impamvu ishobora gutuma umuntu yihagarika inkari zifite ibara ry’icyatsi cg inkari zifite ibara ry’ubururu.

Kwihagarika inkari zifite ibara ry’ubururu cg ibara ry’icyatsi  n’ibintu bidakunda kubaho,ariko hari igihe rimwe na rimwe bishobora kubaho.

Ibi bishobora kubaho bitewe n’uburwayi buterwa na bacteri izwi kwizina rya pseudomonas aeruginosa.

Uretse kuba umuntu  yakwihagarika inkari zisa ubururu cg icyatsi bitewe niyi bacteri tumaze kuvuga haruguru,ibi nanone bishobora guterwa n’ubwoko bw’imiti runaka umuntu ashobora kuba arigufata maze yayimara bigashira.

Iyo rero ubonye uri kwihagarika inkari zisa icyatsi cg ubururu ntamiti uri gufata idasanzwe,uba ugomba nabwo kunyarukira kwa muganga.

Impamvu zishobora gutuma umuntu yihagarika  inkari zisa igitaka cyijimye.

Inshuro nyinshi,kwihagarika inkari zisa igitaka kijimye aba ari ikimenyetso kigaragaza ko utangiye kugira umwuma mu mubiri.

Ibi biba bigaragaza ko udaheruka kunywa amazi ahagije bityo bigatuma ugira umwuma.

Kurundi ruhande kwihagarika inkari zifite ibara ry’igitaka cyijimye,bishobora guterwa n’ubwoko bw’imiti ushobora kuba urigufata cyane cyane umuti wa metronidazole na chloroquine.

Uretse ibi,umuntu ashobora kwihagarika inkari zigitaka kijimye biturutse ku burwayi bw’umijima.

Ntago twasoza iki kiganiro tutavuze kugihe uba ukeneye kureba muganga kuburyo bwihutirwa bitewe nibara ry’inkari urimo kwihagarika.

Mugihe ubonye urimo kwihagarika inkari zisa umutuku,inkari zirimo amaraso,uba ugomba guhita ugana kwivuriro kugirango witabweho n’abaganga.Iyo urimo kwihagarika inkari zisa umutuku biba bigaragaza ko ufite ikibazo gikomeye cy’ubuzima.

Iki ndi gihe ukeneye kureba muganga  kuburyo bwihutirwa,n’igihe ubonye urimo kwihagarika inkari zifite ibara rya orange k’uburyo buhoraho.

Icyo gihe nabwo uba ukwiye kugana kwa muganga ugakorerwa isuzuma,kuko kwihagarika inkari zifite ibara rya orange igihe kinini bishobora kuba ikimenyetso  cyuko urwaye impiko cg ukaba urimo kugira ikibazo cy’uburwayi bw’uruhago. 

Ikindi gihe ukeneye kureba muganga,n’igihe cyose wumva uri kugorwa no kwihagarika k’uburyo uba wumva ubabara mugihe ugiye kwihagarika kumva uburyaryate mu muyoboro w’inkari cg ikindi gihe cyose wumva hari impinduka zidasanzwe zabaye k’umubiri wawe.

Inshuro nyinshi ibara ry’inkari umuntu yihagarika rigirwamo uruhare n’ingano y’amazi umuntu aba yanyweye,ibyo kurya uba wariye,cg ubwoko bw’imiti runaka uba urimo gufata. Mugihe rero ubonye hashize iminsi itatu ntampinduka ziraba kwibara ry’inkari urimo kwihagarika,ukaba ubona uri kwihagarika inkari zisa umutuku,ubururu,icyatsi,igitaka kijimye cg inkari siza umweru ariko zidasa nk’amazi,icyo gihe uba ukeneye kugana kwa muganga.

Niba hari ikibazo ufite cg inyunganizi,ushobora kutwandikira unyuze m’umwanya wagenewe comment cg ukanyura kuri page yacu ya facebook yitwa Ingando online.

Igitekjerezo cyawe tuzagisoma kandi tugusubize.

Mwakoze kudukurikira ni ahubutaha.





  

Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye