NIDA yatangaje ibisabwa kubifuza guhinduza amafoto mabi ari kundangamuntu zabo

 

NIBA UTISHIMIYE ifoto iri kundangamuntu yawe ubu wemerewe kuyihinduza .

Mukiganiro cyacu cy’uyu munsi tugiye kubagezaho uburyo n’     inzira wacamo kugirango uhinduze ifoto iri ku ndangamuntu yawe mugihe waba utayishimiye.

Iyi n’Ingando online mukurikiye.Mbaye ikaze mwebwe mudukurikiye aribwo bwa mbere namwe musanzwe mudukurikira mwarakoze subscribe namwe mutarayikora ariko mukaba mukunda ibiganiro tubagezaho.

Ikaze mukiganiro cy’uyu munsi.

KURIKIRA IKI KIGANIRO MUBURYO BW'AMASHUSHO[Kanda hano urebe video y'iki kiganiro]


Nyuma yuko byamaze kugaragara ko hari abantu benshi bafite indangamuntu ziriho amafoto atameze neza,Ikigo cy’igihugu gishinzwe indangamuntu, NIDA, kibukije
 abantu bose bashaka guhinduza amafoto yabo ari ku ndangamuntu, kubera ko batayishimiye ko babyemerewe.

Reka tuvuge kucyo ushaka iyi serivise asabwa.

Icyo ushaka iyi serivise yoguhinduza ifoto iri kundangamuntu asabwa ni ukugana umwanditsi w’irangamimerere ku biro by’umurenge atuyemo akamubwirako akeneye serivice yo guhinduza ifoto iri kundangamuntu ye kuko itameze neza.

Ibyangombwa ugomba kuba ufite.

Kugirango uhabwe iyi service hari ibyangombwa ugomba kuba ufite.

Ugomba kwitwaza icyemezo cy'amavuko kitararenza iminsi 30 uhereye igihe wakiboneye.

Ukeneye iyi serivise yo guhindurirwa ifoto itameze neza iri kundangamuntu,mugihe adafite cg atashoboye kubona icyemezo cy’amavuko,ikigo k'igihugu gishinzwe indangamuntu NIDA kivuga ko asabwa kuba afite photo kopi y’ifishi ye yo mu bwana yandikishijwe ho akimara kuvuka kandi bigaragara ko byibuze iyo fishi yatanzwe mbere y'umwaka wa 2007.Iyo fishi y’amavuko igomba kuba iriho umukono wa noteri.

Mugihe utabashishe kubona ibi byangombwa byose tumaze kuvuga,ni ukuvuga icyemezo cy'amavuko, ntubone n'ifishi y’amavuko,NIDA ikomeza ivuga ko wakwitwaza  icyemezo cy'amazina w’itwaga mu mashuri abanza n’ibindi b’imenyetso nk’icyangombwa gitangwa n'ikigo wizeho kigaragaza amazina wakoreye ho ikizamini gisoza amashiri abanza.

Icyi cyangombwa kandi ushobora kugikura kukigo k'igihugu gishinzwe uburezi REB.

Iyi serivise ntago itangirwa Ubuntu ahubwo yishyuzwa amafaranga make.

Umuyobozi  uyoboye ishami rishinzwe gukora indangamuntu muri NIDA yabwiye ikinyamakuru Kigali to day dukesha iyi nkuru ko umuntu ushaka guhinduza ifoto iri ku ndangamuntu ye, asabwa kubanza kubisaba ku rubuga irembo, akanishyura amafaranga y’urwanda igihumbi na magana atanu[1500], hanyuma agakomereza kubiro by'umwanditsi w’iranga mimerere w’umurenge atuyemo.

Gusa hano ntago twakugira inama yo guhita wishyura aya mafaranga kw’irembo ahubwo icyaba kiza nuko wagana k’umurenge, umwanditsi wirangamimerere akabanza akareba ko ibyangombwa byawe byuzuye maze ukabona ubujya kwishyura.

KURIKIRA IKI KIGANIRO MUBURYO BW'AMASHUSHO[Kanda hano urebe video y'iki kiganiro]

Mugukomeza ikiganiro cyacu reka turebe abemerewe iyi Serivice yo guhinduza ifoto iri kundangamuntu abo aribo.

Mukwezi kwa gatatu umuyobozi ushinzwe itumanaho mu kigo k'igihugu gishinzwe indangamuntu NIDA  yatangarije ikinyamakuru  Isango Star ko serivisi yo guhinduza ifoto yemewe, gusa ngo iyi serivice ntiyemerewe cg ntihabwa  buri wese.

Uwo muyobozi yavuze ko igisabwa cya mbere aruko umuntu aba yaragize impinduka zigaragara mu maso ku buryo ushobora kumureba wanareba kundangamuntu ye ukabona ifoto iriho utabasha kumenya neza ko ariwe.

Icya kabiri nuko isura y’uwo muntu usaba guhindurirwa ifoto iri kundangamuntu, igomba kuba yarahindutse kuburyo bugaragara.

Urugero ni nk'igihe  umuntu yaba yarahuye n’ibyago byo guhura n'impanuka k'uburyo iyo mpanuka yangiza isura ye kuburyo biba bigoranye kumenya ko ariwe urebeye kw’ifoto afite kundangamuntu kuberako  impanuka yatumye isura ye ihinduka ukundi. Aha twavuga nko kuba uwakoze impanuka yaragize inkozu ikomeye mu maso,agatakaza ingingo zimwe zo mu maso nk'ugutwi, n'indi mpinduka bigaragara ko ituma utamenya uwo ariwe ugereranije nuko yari ameze bwa mbere.

Indi mpamvu ishobora gutuma uhindurirwa ifoto iri kundangamuntu ni igihe umuntu yaba yaravukanye uburwayi bw'ibibari cg imirari akaba yarifotoje ubwo burwayi bukagaragara kw’ifoto iri kundangamuntu ye cg n'ubundi busembwa bwose.

Mugihe uyu muntu yashoboye kwivuza yanenge igakosorwa nawe yemerewe iyi serivise yo guhindurirwa ifoto iri kundangamuntu ye.

Tubibutsa ko niba ari uguhindurirwa ifoto iri kundangamuntu kuko itameze neza ari ntakindi kintu gihinduka ho cyeretse icyo wasabye.

Uretse iyi serivise yogusaba guhindurirwa ifoto iri ku ndangamuntu, ushobora na none kugana kubiro by’Umurenge mugihe kundangamuntu yawe hagaragaraho izina rimwe kandi ufite amazina abiri,igihe izina ryawe ryanditswe nabi kundangamuntu yawe hanyuma ugasaba gukosorerwa cg ukabwirwa icyo ugomba gukora kugirango bikosorwe.

Iyi ningando online mwari mutweze amatwi.Ushobora gukurikira ibiganiro byacu muburyo bw'amashusho unyuze hano kanda hano

Uramutse ufite igitekerezo cg inyunganizi,watwandikira unyuze m'umwanya wagenewe comment cg ukabinyuza kuri page yacu ya facebook yitwa Ingando online.Ntiwibagirwe gukora subscribe kugirango ujye ubona ibindi biganiro tuba twaguteguriye Kuri channel yacu.kora subscribe unyuze hano

Mwakoze kubana natwe,mugire ibihe byiza.

NIDA yatangaje ibisabwa kubantu bifuza kongera cg gukura izina kundangamuntu zabo.



Ibindi biganiro wakurikira muburyo bw'amashusho












 

Comments

  1. Ese ufite indangamuntu ifite amazina atuzuye kdi diplome yuzuye bwo uyahinduza gute?

    Urugero witwa Jean Luc kuri diplome indangamuntu hariho Luc

    ReplyDelete
  2. Turaza kubageza uko bigenda mu minsi yavuba.Mwakora subscribe kuri youtube channel yitwa Ingando online kugirango muzabashe kubona icyo kiganiro mu minsi ya vuba.

    ReplyDelete
  3. KURIKIRA IKI KIGANIRO:NIDA yatangaje ibisabwa kubantu bifuza kongera cg gukura izina kundangamuntu zabo.

    IFASHISHE IYI LINK:https://www.youtube.com/watch?v=PEnHcw9pgxg

    ReplyDelete

Post a Comment

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye