Kurota imvura ikunyagira bisobanuye iki ?
Muri make kurota imvura n’ikimenyetso cy’umubabaro n’agahinda
gakabije.Inzozi nkizi aba arikimenyetso kikubwira ko ukeneye gushyira hasi
intekerezo mbi ufite cg ibindi bintu bituma wumva ufite umujinya cg agahinda.
Izi nzozi kandi zishobora kuba ikimenyetso umubiri
wawe ukoresha ushaka kukubwira ko ukeneye kongera umwanya umara uganira n’abantu
kubintu bikuboshye umutima.
Kuba warota inzozi zifite aho zihuriye n’imvura biba
bifitanye isano n’ibibazo bishobora kuba
biri mu m’uryango wawe bitari gukemuka kandi ukumva bikuremereye.
Kurota izi nzozi birimo uburyo bunyuranye kandi
bufite n’ubusobanuro bunyuranye bitewe nuko wazirose.
Ushobora kurota ubona imvura iri kugwa ariko
wibereye munzu cg ukarota imvura ikunyagira urihanze cg ukarota imvura
ikunyagira ufite umutaka witwikiye cg ntawo ufite.Mugihe na none ushobora
kurota ubona imvura irimo imirabyo n’urusaku rw’inkuba rukabije.
Ushobora no kurota ubona wambaye ikote ry’imvura cg
imvura ikakunyagira ariko ukaza kubona ahantu wugama.Ushobora no kurota ubona
imvura igwa umuvu wayo ukagutembana.
Mugusobanukirwa izi nzozi ugomba kwicara hamwe ukibuka
uko byagenze byose mu nzozi kuko buri kantu kose kaba gafite ubusobanuro.
Kurikira iki kiganiro m'uburyo bw'amashusho
Iyi n’Ingando online mukurikiye.Ushobora gukurikira ibiganiro tuba twabateguriye muburyo bw’amashusho unyuze hano Kanda hano urebe ibindi biganiro muburyo bw'amashusho.
Uyu munsi tugiye kugaruka k’ubusobanuro bw’inzozi
zifite aho zihuriye no kurota imvura.Nimuri gahunda twatangiye kandi dukomeje
yo gusobanura inzozi zitandukanye.Uramutse hari inzozi ufite ukeneye kumenya
ubusobanuro bwazo,watwandikira kuri page yacu ya facebook yitwa Ingando online
cg ukatwandikira unyuze kuri Instagrame yacu.Ibyo muzatwandikira tuzabisoma
kandi tubasubize vuba.
Mugusobanura izi nzozi reka duhere kuri ibi bikurikira:
1.KUROTA UBONA IMVURA ARIKO NYUMA YO GUKANGUKA AKABA NTA KINDI WIBUKA CG NTAKINDI KIDASANZWE CYARI MURI IZO NZOZI.
Mugihe urose ubona imvura ariko akaba ntakindi
wibuka,ibi bishobora kuba ikimenyetso kikugaragariza ko ufite amahirwe m’ubuzima
buri imbere.
Bishobora kuba aricyo gihe cyo gutangira umushinga
mushya w’ingirakamaro warufite mubitekerezo udafite ubwoba,kuko izi nzozi ziba
arikimenyetso kigaragaza gutsinda. Uba ugomba kwigirira ikizere no kwizera
ubushobozi ufite ukabukoresha uko bungana ntakwitinya.
Nubwo bimeze bitya ariko, inzozi nkizi zishobora na
none kuba ikimenyetso cy’uburumbuke n’iterambere ku bintu byari bikenewe guhemburwa.Mbese
byabintu wabonaga ko birimo gupfapfana.
2.KUROTA
UBONA IMVURA IGWA KANDI IKIRERE GISA UMUKARA CYANE.(Kijimye)
Buri gihe uko imvura iguye ntago ariko ubona ikirere kijimye.
Harigihe imvura igwa
ariko ukabona ituruka mu kirere gikeye.Mugihe rero urose imvura igwa ariko igaturuka mu kirere
kijimye,aba ari ikimenyetso cyuko ufite ibitekerezo byuzuyemo umujinya cg hari umuntu
wumva udashaka kugirana nawe imishyikirano.
Mugihe bimeze uku,ubugomba kwisuzuma ugafata
icyemezo cyo kureka ibitekerezo bibi bikagenda.
Ibi wabigeraho ukoresheje kubabarira abakubabaje cg
gusaba imbabazi abo wababaje.Gusaba imbabazi n’ikintu gikomeye ariko cyorehera
umutima ushaka.
kuvuga ngo mbabarira narakosheje cg kuvuga ngo ndakubabaeriye,bishobora
kubohora umutima uhora wuzuye umujinya n’umubabaro.
3.KUROTA
IMVURA IGWA KANDI ARI NYINSHI CYANE.
Hari igihe ushobora kurota imvura igwa ariko ukabona
iyo mvura Atari nyinshi.
Dufashe urugero harigiye n’ijoro ushobora kuba ugiye
kuryama ukumva imvura iguye ari nyinshi cyane ,kuburyo n’ubwo waba uri munzu
udashobora guhamagara undi muntu uri mu kindi cyumba ngo yumve.Icyo gihe iyo
mvura yaguye aba ari mvura nyinshi cyane.
Mugihe rero urose inzozi nk’izi,aba ari ikimenyetso
kigaragaza ko ufite umujinya mwinshi uturuka k’ubuzima wabayemo mugihe cyashize
kubera ibintu bimwe na bimwe wapangaga ariko bikanga gucamo bikagutera igihombo
gikabije kubintu runaka.
Icyo gihombo gishobora kuba ari igihombo k’ibintu bifatika, cg kikaba igihombo kijyana no
guhungabana m’uburyo bw’imitekerereze.
4.KUROTA IMVURA IRI KUGWA KANDI IRIMO INKUBA NYINSHI
Imvura,ishobora kugwa ariko ntiyumvikane mo inkuba cg ikumvikanamo inkuba nkeya.
Mugihe rero warurimo kurota ariko ukaza kumva imvura
irimo kugwa kandi irimo inkuba nyinshi, icyo aba ari ikimenyetso kikubwira ko
ugomba kwitondera ibintu bikuzengurutse.
Urugero:ushobora kuba ufite incuti yawe ifunzwe izira icyaha runaka
ariko ugasanga hari umuntu uri kugusaba
ko wamufasha gutanga ruswa kugirango afungurwe.
Ruswa ubwayo nayo n’icyaha gihanywa n’amategeko muri
leta zitandukanye. Mugihe umuntu atitonze ashobora gusanga nawe afashwe
agafungwa ugasanga za nzozi yarose zimusohoreyeho.
KUBA WAROSE IMVURA IRIMO INKUBA NYINSHI ,Uba ugomba
kwitondera ibikuzengurutse kugirango hatagira ikintu kikugusha mu mutego
ukugeza mubyago.Imvura irimo inkuba nyinshi mu nzozi isobanura ibintu bishobora
gushyira ubuzima bwawe mu kaga m’uburyo butunguranye.
5.KUROTA UBONA IMVURA IRIKUGWA ARIKO WOWE URI MUNZU.
Igihe urose imvura igwa ariko wowe ukaba uyugamye
munzu,biba ari ikimenyetso kibihe bigoye uba uri gucamo.
Uba urimo kugerageza guhisha amaranga mutima yawe
ngo hatagira umenya ibibazo uri gucamo bisa naho ukeneye kubishakira uburyo bwo
kubikemura kugiti cyawe ntawe ubimenye.
Ibyo bibazo bishobora kuba ari ibyawe kugiti cyawe
cg aribibazo by’umuryango wawe muri rusange.
Gusa na none izi nzozi zishobora no kuba zigaragaza
amahirwe ushobora kubona mubijyanye n’ubukungu mu minsi irimbere.
Urugero; ushobora nko kuba hari umushinga ufite ariko warabuze ubushobozi bwo kuwukora hanyuma hakaba hari umuntu ugiye kugutera inkunga yo gutangira uwo mushinga cg ukabona amafaranga m’ubundi buryo.Ushobora na none kurota imvura igwa ariko noneho ukabona iguye uri hanze ariko itakunyagiye.Ibi byo aba ari ikimenyetso kigaragaza ko witeguye gushyira amarangamutima n’ibikorwa bwawe hanze kandi ukabikora ntabwoba ufite.
6.REKA
NONEHO TUREBE UBUSOBANURO BWO KUROTA IMVURA IKUNYAGIRA.
Abantu benshi bavuga ko iyo urose imvura ikunyagira
ushobora kuba ugiye guhura n’ibyago bishobora
no ku kugeza k’urupfu,ariko ntago ari ko bimeze.
Ntago ari buri mvura mu nzozi ivuga ko ugiye guhura
n’ibibazo.
Iyo urose imvura ikunyagira ariko akaba ari imvura
nkeya ijojoba cg ari imvura y’ibitonyanga bidakabije ,aba ari ikimenyetso cy’uko
vuba bidatinze hari ikintu kiza kigiye kukuba ho kikanezeza umutima wawe.
Mumagambo make imvura nkeya yutujojoba,ivuze
guhemburwa mubuzima. Uko iba nyinshi ariko murugero ,aba arikimenyetso kingano
y’ibyishimo uzaterwa n’ibyo bintu biza kubaho bikakunezeza.
7.KUROTA
IMVURA IGWA UMUVU UKAGUTEMBANA CG
UGATEMBANA IBYO UTUNZE.
Kurota imvura igwa ikagutembana cg igatembana ibyo
utunze yaba inzu,amatungo, ubutaka n’ibindi cg ukabona imvura itembanye incuti
yawe, n’ikimenyetso cyo kwangirika gukomeye no gutakaza ibintu byagaciro
warufite m’ubuzima.
Hari umuntu watanze ubuhamya bwibi avuga ko hari
incuti ye yarirwaye nuko aryamye arota imvura igwa,imivu iratemba maze itembana
yancuti ye.
Yibonaga barikumwe muri iyo mvura ariko agerageza
gutaba incuti ye ariko biranga,amazi arayitwara nuko nyuma y’iminsi mike
yancuti ye yaje gupfa byanyabyo!
Kurota izi nzozi,biba bishoboka ko amaranga mutima
yawe hari ibintu aba ari kukubwira ko bishobora kuba ahazaza kugirango utangire
kwitegura kuzamenya uko uzitwara nuramuka ugeze muri icyo gihe kibi kandi
kigoye.
Biragaragara ko kurota imvura irimo imivu itembana
ibintu bitandukanye ari ikimenyetso cy’uruhurirane rw’ibibazo bishobora kuguhuriraho bigamije kukugirira nabi,utareba
neza ukanaba wahasiga UBUZIMA.
8.KUROTA
IMVURA IGWA ARIKO UKABA WITWIKIRIYE UMUTAKA.
Kuba warota imvura iri kugwa ikakunyagira ariko
ukaba witwikiriye umutaka n’izimwe mu nzozi nziza ushobora kurota.
Izi nzozi aba ari ikimenyetso cy’uko ufite
ubushobozi bwo kwirinda no kwirwanaho mugihe kibibazo n’ibigeragezo k’uburyo n’ubwo
waba urimo guca mubintu bikugoye wumva umutima wawe utuje nkaho ntakibazo
ufite.
Uba ufite ubushobozi bwo kugenzura ibitekerezo byawe
ukagumana umutuzo mugihe kigoye.
Murundi ruhande izi nzozi aba ari ikimenyetso
kigaragaza ko hari uburyo bwiza bugufasha kwirinda ibibazo byakugira ho
ingaruka mubuzima.
Inzozi nkizi zishobora no kuba ikimenyetso
kigaragaza ko hari umuntu ukwitayeho ushobora kugufasha mu bibazo ufite nko
kuba yakugira inama cg akagufasha muburyo bw’ubushobozi.
9.KUROTA
IMVURA IRIMO UMUKOROROMBYA.
Kurota imvura irimo umukororombya n’ikimenyetso kikizere uba wifitiye mu mibereho y’ubuzima bwawe.
Mubuzima haramahirwe amwe namwe agusimbuka buri
munsi mubyo ugerageza gukora, ugasanga kubera kubura amahirwe kenshi bitumye
wumva ucitse intege ndetse ukanitakariza ikizere.
Mugihe rero urose imvura iri kugwa ariko ukabonamo
umukororombya aba ari ikimenyetso cy’uko hari andi mahirwe agiye kuza mubuzima
bwawe kandi ko uzaba umwe mubo ayo mahirwe azageraho.
Dufashe nkurugero ushobora kuba umaze imyaka myinshi
usaba akazi ahantu hatandukanye,ariko ntukabone ukanagera aho wumva kudepoza
ntacyo bimaze,ukabyihorera.
Mugihe urose izi nzozi aba ari cyo gihe cyo kongera
kwigirira ikizere ukongera ugatangira bushya byabindi byanze.
10.kurota
imvura igwa; ariko isa nigwa isubira hejuru
Izi nzozi akenshi ntizikunze kubaho ariko
harabazirota.
Ukabona imvura iri kugwa ariko ikagwa muburyo iyo
uyireba iba irikugwa isa nkisubira hejuru mugicu.
Izi nzozi aba arikimenyetso cy’uko m’ubuzima bwawe
hari ibintu bigiye kugutungura utari witeze kandi utigeze unatekerezaho narimwe
mubuzima bwawe.
Icyo kintu gishobora kuba arikintu kiza cg ikintu
kibi utigeze unatekereza ho narimwe ko gishobora kuba.
iyi ni ingando online
mushobora kuduha ibitekerezo byanyu mubinyujije
mumwanya wagenewe comment cg mukadusura kuri page yacu ya facebook na instagram.Ibitekerezo
byanyu turabisoma tugahita tubasubiza ako kanya.
Dore ubusobanuro bwokurota urohama
Comments
Post a Comment