Ibimenyetso 10 bikwereka ko urukundo urimo rutazaramba


Iyi ni Ingando online mukurikiye.Uyu munsi tugiye kuganira kubintu bikwereka ko urukundo urimo rutazaramba.Nubwo bigoye kumenya umuntu ugukunda byanyabyo,ariko hari bimwe mubimenyetso cg ibikorwa ushobora kubona k'umuntu mukundana ukamenyako urukundo rwanyu ruzagera kure rugakomera cg rukarangira vuba.

Nubwo urukundo rugiye rutandukanye bitewe n'impamvu wahisemo yo kurwinjiramo,mukiganiro cy'uyu munsi turi bugaruke kuri rwarukundo ukundana n'umuntu ufite gahunda yo kuzabana nawe akaba umugabo cg umugore wawe

Reka rero duhere kubintu  by'ibanze ushobora kumenya kuko bikwereka urukundo rutazaramba.

Ikaze muri iki kiganiro.

Kurikira iki kiganiro m'uburyo bw'amashusho.



1.GUKORERA UMUNTU AKANTU KEZA UKABONA NTACYO BIMUBWIYE

Ubusanzwe nk'abantu bakundana nyakuri bagira ibikorwa runaka kakorerana hagati yabo bigamije gushimishanya no kunezezanya hagati yabo.

Aha twavuga nkoguhana impano zoroheje,gutemberana,gusohokera ahantu runaka n'ibindi bikorwa by'urukundo bitandukanye.

Mugihe rero urukundo rutangiye kuzamo agatotsi, usanga umwe mubakundana iyo agize akantu keza akora ko kunezeza mugenzi we ,atakishimira ahubwo akabifata nkibisanzwe kabone n'ubwo byaba ari ibintu byajyaga bimushisha. Mugihe bimeze bitya n'ikimenyetso cya mbere kigaragaza ko urukundo rwanyu rutangiye gucumbagira.

2.KUZANA IBIKANGISHO BYAHATO NAHATO MURUKUNDO

Mugusobanura ibi mu magambo make,twavuga ko  abantu bakundana batagomba guterana ubwoba,ahubwo baba bagomba kubana mu mahoro no m'ubwumvikane.

Igihe rero hatangiye kuzamo ibintu byo  guterana ubwoba,uba ugomba kumenya ko ejo cg ejo bundi, urukundo rwanyu rushobora kuba ruri mumarembera.

Aha twavuga nko kuba umuntu mukundana, atangira ku kubwira ngo :

Nukora iki nzakwanga.

 Iriya ncuti yawe sinyishaka.

Hitamo njyewe cg uhitemo biriya.

Bishobora no kugera kurundi rwego akakubwira ngo:Nunyanga;nzakwica. 

Ibintu nkibi n'ibindi nkabyo,ntago mu byukuri ari urukundo nyakuri.Niwisanga uri murukundo nkurunguru azamenyeko vuba bidatinze igitondo kimwe urwo rukundo ruzarangira.

Nubireba neza uzasanga ibyo akubuza byose ntacyo bitwaye ahubwo aruko we wenyine atabishaka kandi wamubaza impamvu, ugasanga impamvu atanga zidafite epfo naruguru,uzamenyeko mutazarambana.

3.KUKUBUZA UBWISANZURE WARUSANZWE UFITE KU BINTU RUNAKA

Ubusanzwe urukundo ntago ari gereza.

Urukundo ntago ruvuze ko niba ukundanye n'umuntu ugomba kureka ibintu byajyaga bigushimisha kubera ko uwo mukundana abikubujije kandi wowe bigushimisha ukumva udashaka kubireka.

Murukundo rero, ibyiza nuko buri wese abagomba kuba afite uburenganzira bwo kwitekerezaho akamenya ikimushimisha n'ikimubabaza; bityo bikamufasha guhitamo icyo agomba gukora kimushimisha nicyo atagomba gukora kuko ntamahoro kimuha.

Mugihe rero wisanze m'urukundo aho ikintu kigushimisha aricyo kibabaza umukunzi wawe,menya ko urwo rukundo rutazaramba.

 Harigihe usanga umuntu mukundana ,Ikigushimisha aricyo kimubabaza kigatuma yumva abangamiwe no kuba ugikora.Wenda reka tuvuge nkokuba  umukobwa akunda kujya gukina umupira mugihe umusore ibintu by'umupira abifata nko guta igihe nokuba imburamukoro.Iki gihe urumva ko niba wowe wikundira umupira umukunzi wawe akaba atawukunda,kandi nawe utawureka cg ngo mubyumvikaneho uzasanga muzajya mubipfa kenshi maze bitume urukundo rutaramba.

Murundi ruhande umusore nawe ashobora kuba yikundira kunywa inzoga agatinda mu kabari cg amafaranga menshi abonye akayamarira mu kabari mugihe umukobwa we abayumva bayazigama cg bakayashora mubikorwa by'iterambere bizabafasha mu minsi irimbire.

Uramutse rero uri m'urukundo nkuru, uba ugomba kwitegura ko isaha kwisaha, urwo rukundo ruzashira.

Ukuri nuko nta rukundo rwaba ruhari mugihe ibishimisha mugenzi wawe aribyo bikubabaza cg bituma wumva ubangamiwe. Biramutse bimeze bitya ;usanga mutangira kubangamirana no kudahuza mubyo mukora.

4.GUCUNGACUNGANA NOKUTIZERANA HAGATI Y'ABAKUNDANA

Uku gucungacungana akenshi usanga guturuka mukutagirirana icyizere hagati y'abantu bombi.

Ugasanga umukobwa cg umusore ntiyizera uwo bakundana ahubwo ugusanga arimo gucyeka ko iyo batari kumwe umuca inyuma.Rimwe narimwe ugasanga aba ashaka kumenya abantu bose baguhamagaye,ashaka gusoma ubutumwa bwose bakoherereje kuri telephone yawe,nibindi bikorwa nkibyo byo kutizerana.

Bishobora no kurenga aho akagusaba ko umuha umubare w'ibanga ukoresha kumbuga nkoranyambaga zawe nka facebook n'izindi.

Ibi ni bimwe mubintu bisobanutse neza twakwifashisha mugutanga urugero,ariko nawe udukurikiye ushobora kwibonera izindi ngero zitandukanye zifitanye isano nizi ngero turangije kuvuga haruguru.

Ibi byose n'ibindi nkabyo byakwereka ko utazarambana n'uwo muntu mukundanye murubu buryo.

5.KURAKARANYA KUMPAMVU ZIDASOBANUTSE

Usanga hari abantu runaka bakunze kurakaranya  murukundo kandi wareba ikintu cyatumye barakaranya ukakibura cg ugasanga nta mpamvu ifatika gifite.

Tuvuge nkokuba umukunzi wawe yaguhamagaye kuri telephone akakubura ugasanga yarakaye cyane ngo kuki utanyitaba kandi wenda warusize telephone ugiye mubwogero ugasanga yakubuze. Bikaba ibindi aguhamagaye akumva uri kuyivugiraho ntuhite umwitaba, hanyuma kubimusobanurira ngo azabyumve akaba arikibazo gikomeye.

Ugasanga n'igihe yakubuze kuri phone wumva ufite ubwoba bw'ukuntu uraza kwisobanura.

Icyo twakubwira nuko Umuntu nkuyu iyo mukundanye urukundo rwanyu rutaramba kuko biba bigoye kuba umuntu igihe agushakiye cyose aricyo akubonera ho.

Birashoboka ko wenda ushobora kugira gahunda zawe bwite uba urimo nko gukora imirimo yo murugo, kujya kukazi ,kujya munama z'umuryango n'ibindi bishobora gutuma utitaba telephone ako kanya,ariko ugasanga yarakaye bikabije.

Niba uri m'urukundo n'umuntu ufite iyi mico, menyako urukundo rwanyu rushobora kutazaramba.

 6.KUTIYUBAHA NO KUBAHA MUGENZI WAWE

Urukundo rugizwe n’ibintu byinshi bituma rurushaho kugenga ruryoha.

Muri ibyo bintu bituma urukundo ruryoha harimo no kubahana hagati yabakundana.Mugihe ntakubahana guhari usanga urukundo rucumbagira kuburyo rushobora no kuvunika burundu.

Reka dutange uru rugero:Tekereza kuba urimo kumwe n’umukunzi wawe mwasohokeye ahantu maze ukanywa inzoga nyinshi maze ugasinda ugasanga byabintu byose biba kumuntu wasinze bikubaho uri kumwe n’umukunzi wawe.

Umuntu wasinze ashobora gusinzira byahato nahato mubantu,ashobora kwinyarira cg akanyara aho abonye,ashobora no kuryama ahabonye,ashobora no kuruka kubera inzoga nyinshi zamurenze.Ikindi na none ashobora nokuba yatongana akabwira abandi bantu nabi cg agashaka kurwana.

Tekereza rero wasohokanye n’umuntu umeze gutya! We ubwe ntaba yihaye agaciro nawe urikumwe nawe wumva ufite isoni n’ikimwaro cyokuba urikumwe nawe ugasanga urukundo rujemo kidobya.

Igihe rero ntampinduka zibayeho haba gucumbagira m’urukundo kandi rukaba runashobora kugera kwiherezo mugihe umwe  yumva atakihanganira ibyo bintu.

Urukundo nkuru ntago ruramba.

7.UMUNTU UTAGUFASHA M'UBURYO BW'AMAFARANGA KANDI AFITE UBUSHOBOZI

Hari ijambo ryamenyekanye cyane kubirebana no guha amafaranga abakobwa,aho iyo umusore ahaye umukobwa amafaranga usanga abandi bavuga ngo uriya mukobwa akura uriya musore cg ngo uriya musore yakuye uriya mukobwa ukora aha naha,ariko burya ntago aribyo.

Gukura n'ijambo ritari rikwiriye gukoreshwa hagati y'abantu bakundana kuko gukura ni ukurya ibintu byundi umubeshya urukundo cg ibindi kandi mu byukuri ntarukundo umufitiye gusa ushaka kumukuraho amafaranga.

Hano rero turi kuvuga kubintu bigaragaza ko urukundo abantu bafitanye rutazaramba kugirango niba hari icyawe wumvise ugihindure maze urukundo rushinge imizi.

Tugarutse kubyo twari tuvuze haruguru hari umusore wumvako nt’amafaranga agomba guha umukunzi we kuko aba avuga ko iyo ayamuhaye umokobwa yaba amukuye ariko siko bimeze.

Niba ukundana n’umuntu utibwiriza ngo agufashe aho ukeneneye ubufasha ntago uwo muntu muba muzarambana.Haba harimo ikintu cyo kwikunda no gukunda amafaranga muramutse munakomezanije mukabana usanga ari hahantu niyo mugeze murugo umugabo ntakintu yahaha,atagurira umugore imyambaro atambika abana cg ngo agure ibikoresho byo murugo.Mugihe rero ukundana n’umuntu utagufasha muburyo bw’ubushobozi kandi abishoboye,menya ko muri urwo rukundo harimo ikizazo.

8.KWITANA BAMWANA NO GUHIGIKIRA AMAKOSA KUWUNDI

Mugihe hari umuntu mukundana ugasanga ntaguhumuriza mugihe cyamakuba ahubwo ugasanga burigihe akubwira ko ari wowe munyamakosa,urindangare ari wowe wabigizemo uruhare, umuntu nkuwo haba hari ibyago byuko ataramba murukundo.

Usanga akenshi umuntu nkuwo yikuraho amakosa akayahigikira mugenzi we kandi rimwe narimwe nawe aba yabigizemo uruhare ariko ugasanga abihigikiye umuntu umwe.

Uyu muntu nta bunararibonye bwokwakira nogukemura ibibazo aba afite.Isaha n’isaha uhuye n’ikibazo kibagonga mwembi akuramo ake karenge akagusiga uririra mumyotsi wenyine. Aha tuvuge nk’urugero rw’abantu bakundanye  kugeza baryamanye maze hakabaho kwibagirwa cg kutita kugukoresha agakingirizo cg ubundi buryo bwateganijwe bwokwirinda inda itifuzwa,maze bikaba umukobwa cg umugore agasama.

Mugihe hatariho umutima wokumenya kwakira no gukemura ikibazo usanga habaho kwitana bamwana noguhigikira ikibazo kuwundi.Ugasanga umukobwa arikubaza umuhungu ngo kuki utakoresheje agakingirizo cg umuhungu arikubaza umukobwa ngo kuki utabaze neza ni wowe wanshutse n’ibindi nkibyo.

Mugihe rero ukundana numuntu ukunda kugushinja amakosa we akikuramo cg ntakwihanganishe mugihe wahuye n’ibibazo menya ko ibihe bibi nibiza azagusiga wenyine akigendera ugasigara uririra uri wenyine.

9.GUKUNDANA NO KUBIVAMO BYAHATO NAHATO

Harikintu kimeze nk’urukundo ariko atarurukundo rwanyarwo ahubwo umuntu yabyita agahararo.

Usanga iyo abakundana bakunze  gushwana bya hato nahato biturutse kudukosa duto duto no kwivumbura kenshi urukundo nkurwo rutaramba. Urukundo ntago ari imikino niyompamvu iyo ukundanye urimo gukina ,urwo rukundo rutaramba ngo rutange umusururo.

10.GUHAMAGARANA BURI KANYA NOGUHURA BITARINGOMBWA

Usanga abantu bagitangira gukundana bakunda guhamagarana incuro nyinshi cyane kumunsi,kandi sibyiza.

Uretse ibi kuba byangiza ubwonko bwacu muburyo bumwe cg ubundi,usanga bishobora gutuma umuntu yica akazi yagombaga gukora  cg akaramukana umunaniro ukabije utuma atagira icyo akora mugitondo cg bigatuma asinzira mumasaha y’akazi nizindingaruka zitandukanye.

Umuntu ubikora aba yibwira ko arimo guhingira urukundo mugihe mubyukuri, aba arimo kurusibira amayira.

 

Iyi n’ingando online wari ukurikiye.

Niba hari inyunganizi cg ikibazo ufite wakitugezaho ubinyujije mumwanya wagenewe comment.Igitekerezo cyawe, tuzagisoma knd tugusubize.

Ndabashimiye kuba mwarimo mudukurikira.    



 

 Ibindi biganiro wakurikira muburyo bw'amashusho


1.Akamaro k'indimu/umuti uvura indwara nyinshi

2.umva uko kurongora mumvura bimera

3.Wakora iki mugihe wananiwe kwakira ko wanzwe

4.Umuti wa sinezite

 


Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye