Ubusobanuro bw'inzozi:Kurota amagi

 Mukiganiro cy’uyu munsi tugiye kugaruka kubusobanuro bw'inzozi zifitanye isano no kurota amagi muburyo bugiye butandukanye. Gusa,uramutse hari ubusobanuro utari buze kubona muri iki kiganiro waza kutwandikira unyuze mu mwanya wagenewe comment cg ukabinyuza kuri page yacu ya facebook yitwa ingando online.

Igitekerezo cyawe tuzagisoma kandi tugusubize.

Iyi n’ingando online mukurikiye.Mbahaye ikaze mwebwe mudukurikiye aribwo bwambere namwe musanzwe mudukurikira mwarakoze subscribe kuri channel yacu,namwe mutarayikora ariko mukaba mukunda ibiganiro tubagezaho.Kuri ingando online,tubagezaho ubusobanuro bw’inzozi zitandukanye n’ibindi byegeranyo bigaruka ku buzima n'ikoranabuhanga.

Tubisabwe n'abakunzi bacu twabashyiriyeho uburyo bwo gukurikirana ibiganiro tubagezaho muburyo bwanditse.Ushobora gukanda hano ugakora Subscribe kuri channel ya Ingando online kugirango nawe ujye mu mubare w'abandi bantu babona ibiganiro byacu muburyo bw'amashusho.[kanda hano]  

Ikaze mukiganiro cyacu cy’uyu munsi.

Mugutangira ikiganiro cyacu,reka duhere ku busobanuro bwo kurota ubona amagi.

Kurikira iki kiganiro muburyo bw'amashusho ukanze kuri aya magambo y'ubururu,cg kuri video.Ubusobanuro bwo kurota amagi


Kurota ubona amagi ahantu runaka nko mucyare,yaba ay’inyoni cg ikindi kintu kiguruka nk’amagi y’igisiga cg inkoko,inzozi nkizi n’ikimenyetso cy’uburumbuke.

Ubu burumbuke bushobora kuba ukwiyongera k’umusaruro w’ibintu ukora,kwiyongera kw’amafaranga,kunguka incuti nshya,kwiyongera kw’ibyago bituruka mubintu bibi umuntu ashobora kuba akora muburyo bw’ibanga cg kurota ubona amagi bikaba byasobanura ivuka ry’ibintu bishya,umuntu yakwita nka Innovation mu ndimi z’amahanga.

Uretse kurota ubona amagi ushobora na none kurota ubona urimo kuyarya.

Kurota ubona urimo kurya amagi n’ikimenyetso kigaragaza kwemera inshingano.

Twese ntago dufite umutima wo kwemera inshingano k’urugero rungana.Hari abantu bagorwa no kumva ko hari inshingano runaka bagiye guhabwa cg inshingano runaka bisanze bagomba gukora cyane cyane inshingano usanga zizagusaba kugira ibyo wigomwa byari  bigufitiye akamaro uyu musi kugira ubashe gusohoza inshingano zawe.

 Ex:ushobora kuba ukodesha inzu ariko bitewe nuko nyirayo atajya agusaba kumwishyura,igihe ubonye amafaranga ugahitamo kumva ko amafaranga wa kamwishyuye wayaguramo inkweto,imyambaro,kuguriramo inshuti zawe,n’ibindi bitandukanye bidafite aho bihuriye no kwishyura nyir’inzu.

Mugihe bimeze bitya inshuro nyinshi umuntu wirengagiza cg ugiye kwirengagiza inshingano ze,ashobora kurota abona ari kurya amagi.

Reka noneho turebere hamwe ubusobanuro bwo kurota ubona amagi arimo kwituraga.



Kubona amagi arimo kwituraga n’ikimenyetso gisobanura ko uzi neza kandi ukora cg wuzuza inshingano zawe.

Kurundi ruhande kubona amagi arimo kwituraga n’ikimenyetso kigaragaza ko urimo usatira kugera kuntego wari warihaye ko uzageraho mugihe runaka cg bikaba ikimenyetso kikwibutsa ko ntacyo urimo ukora cg urimo kugira ibyo wirengagiza wagakoze kugirango  ugere ntuntego zawe.

Dufashe nk’urugero ushobora kuba hari igihe wihaye ukavuga ko icyo gihe nikigera byanga bikunda uzashaka,ukubaka urugo.

Ushobora rero kurota ubona amagi arimo kwituraga nk’ikimenyetso cy’uko igihe cyogushaka cyegereje cg bikaba ikimenyetso kibwira ko ntacyo urimo gukora kugira ngo cyagihe wiyemeje kizagere ufite ukuhagaze mubirebana naya ntego wari warihaye.

Uretse kurota ubona amagi arimo kwituraga ushobora no kurota noneho ubona amagi yamenetse.

Kurota ubona amagi yamenetse cg amagi yajanjaguritse,n’ikimenyetso kigaragaza ko uri cg ugiye kwinjira mubuzima butakoroheye mu buryo bushobora kuba muburyo bw’ibintu bifatika cg muburyo bw’intekerezo.

Ex:Niba hari umuntu mwakundanaga ariko akaza gupfa hari igihe mugihe gisatira umunsi yapfiriyeho ushobora kubona amagi yamenetse.

Ashobora no kuba uwahoze ari umukunzi wawe ariko iminsi isatira iyo mwatandukaniye mo ukaba warota ubona amagi yangiritse.

Ibi biragaruka kukuba kubona amagi yamenetse bishobora kuba bifite ubusobanuro bwo kutamererwa neza muburyo bujyanye n’ibitekerezo,ariko nanone usobora kurota amagi yamenetse nk’ikimenyetso cyoguhura n’igihombo kubintu bifatika,nko gutakaza amafaranga guhomba m’ubucuruzi n’ibindi bintu bitandukanye.

Reka dukomereze k’ubusobanuro bwo kurota ubona amagi manini k’uburyo budasanzwe ari mucyare.


Iyo urose ubona amagi Manini cyane ari mucyare ntago ari  ikimenyetso kiza.

Inzozi nkizi ziba zisobanura kubona inyungu z’amafaranga aturutse ahantu hashobora gushyira ubuzima bwawe mukaga.Aha twavuga nko kubona amafaranga aturutse mubucuruzi bw’ibiyobyabwenge,ubwicanyi,ubucuruzi bw’abantu cg amafaranga ya ruswa.

Nanone ushobora kurota izi nzozi atari amafaranga ugiye kubona ahubwo bikaba ari ikimenyatso kikwereka ko utitonze ngo wigenzure neza wakwisanga wabaye umufatanya bikorwa mubintu bishobora gushyira ubuzima bwawe mukaga muburyo utazi.

Aha twavuga nko kuba wahisha ibintu abandi bantu bibye maze akaba ari wowe babifatana kandi ntaruhare wagize mu kubyiba.

Iyi n’ingando online mukomeje gukurikira.Ndakwibutsa ko turi no kuri youtube niba udukurikiye utarakora subscribe aka niko kanya keza ko kuyikora.Nuyikora,ntiwibagirwe no kwemeza ku nzogera kugirango ujye ubona ubutumwa bugufi bukumenyesha ko hari ikiganiro gishya turangije kugutegurira.kanda hano ujye kuri Youtube yacu n'iba ushaka gukora subscribe

Uretse kuba mudusanga hano mushobora no kudusanga k'urukuta rwacu rwa facebook,maze mukaduha ibitekerezo.

 

Dukomereje k’ubusobanuro bwo kurota ubona amagi afite amabara atandukanye.

Iyo urose ubona amagi afite amabara atandukanye n’uko yakabaye asa,aba ari ikimenyetso cyo kw’isuzuma cg kugira ibyo wigana ubushishozi mbere yo kubikora cg kubijyamo.

Dufashe nk’urugero hari igihe ushobora kubona urose inkoko yateye igi ry’umutuku cg yateye igi risa umukara,cg igi risa icyatsi kandi m’ubuzima busanzwe inkoko itajya itera amagi asa atyo!

Iyo warose bene izi nzozi aba ari ikimenyetso cyo gusuzuma ibintu cg ubuzima ubayemo cg ibintu ushaka kujyamo kugirango urebe ukuri kwabyo hato utazasanga wakoze ibyo utakabaye ukora.

Ex:Umuntu aramutse afashe icyemezo cyogufata inguzanyo ya banke kugirango agure mo imodoka yo gutemberamo gusa,ashobo kuba yarota abona amagi afite amabara atandukanye nk’ikimenyetso kimusaba kubanza gushishoza ngo amenye neza niba afite ubushobozi bwo kuzishyura inguzanyo agiye gufata,dore ko iyo modoka iba itazamwinjiriza ahubwo izajya imutwara amafaranga yari afite.

Iki kiganiro reka tugikomereze ku kurota ubona amagi ari mu mazi.

Iyo urose ubona amagi ari mu mazi ariko atari nko mw’ibase cg mukindi gikoresho wayaterekamo nkisafuriya,ahubwo ukayabona ari nko mu mugezi ushoka cg mu mazi menshi,inzozi nkizi ntago zifite ubusobanuro bwiza.

Izi nzozi aba ari ikimenyetso kigaragaza amarangamutima mabi,kwitakariza ikizere,kwiheba,agahinda gakabije cg kwiyifuriza urupfu. Umuntu uri mubihe bimukomereye by’uburwayi bukomeye,ubukene bukabije,inyota yo kugera k’ubutunzi binyuze munzira mbi zose zishoboka, ashobora kurota abona amagi ari mu mugezi ushoka cg ari mu mazi menshi.

Inzozi nkizi akenshi ziba zirimo zigaragaza ko umuntu arimo kugenda atakaza urufatiro ry’umutima wa kimuntu.

 

Mugusoza iki kiganiro reka tuvuge Kukurota ubona ufite igi mukiganza.

Twese tuziko igi riri mubintu byorohereye kandi byoroshye kumeneka,ariko hari uburyo ushobora kumena mo igi bisabye ko ukoresha imbaraga kandi ukumva koko ko wazikoresheje.

Ubwo buryo nugufata igi urihagaritse maze ukarikanda ukoresheje intoki ebyiri rumwe rufashe muntango urundi rugafata ku mutwe w’igi.Uramutse ushaka kumena igi muri ubu buryo byagusaba kumva ko hari imbaraga utatekerezaga ko biri bugusaba kugirango urimene.

Nubishobora uzabigerageze.

Niyo mpamvu kurota ubona ufite igi mukiganza  ari ikimenyetso cyo gutinyuka.

Izi nzozi n’ikimenyetso cy’ubushobozi n’imbaraga utakeka ko waba ufite.Bika bisaba rero ko witinyuka ukagira icyo ukora ukagaragaza icyo ushoboye muburyo bwibikorwa.

Iyi n’ingando online.Uramutse hari igitekerezo ufite ushaka kutugezaho cg inzozi ushaka ko tugusobanurira,watwandikira ubinyujije mu mwanya wagenewe comment cg ukatwandikira unyuze kuri page yacu ya facebook yitwa indando online.Ibitekerezo byanyu tuzabisoma kandi tubasubize.Uramutse ushaka kujya ukurikira ibiganiro byacu muburyo bw’amashusho wakanda hano ugahitamo video wifuza kureba.

Ibindi biganiro wakurikira muburyo bw'amashusho.

1.Niryari umusore cg umugabo akwiye kuvugako afite igitsina gito?

2.Urutonde rw'ibintu umuntu akora akazarinda apfa adakize

3.Urutonde rw'amafunguro 10 ukwiye kurya igihe uri mumihango

4.Dore ibice 12 byumubiri turibwa kubera ibitekerezo tuba dufite






Comments

Post a Comment

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye