Umusirikare yakubise abaganga bo kukigo nderabuzima barangaranye umugore we wari ugiye kubyara

Iyi ni Ingando online mukurikiye.

Uyu munsi tugiye kubagezaho inkuru idasanzwe y’umusirikare wakubitiye abaganga babiri mukigo nderabuzima nyuma yaho yobonaga ko ari guhabwa serivise mbi,we n’umugore we yari aherekeje agiye kubyara.

Umusirikare imyirondoro ye yagizwe ibanga,yaherekeje umugore we kwa muganga ubwo yari agiye kubyarira ku kigo nderabuzima maze adahawe serivise nziza akubita ndetse anakomeretsa abaganga bamwakiriye.

Amakuru agaragaza ko uyu musirikare yagize umujinya w’umuranduranzuzi ubwo umwe mubaganga bakorera mucyumba cy’ababyeyi baje kubyara yamubazaga imyenda y’umwana yazanye maze uyu musirikare amubwira ko ntayo yazanye.

Uyu muganga yamusabye ko ajya hanze y’ikigo nderabuzima kuyigurirayo akayizana,maze uyu musirikare amubwirako ibyo bikorwa na Leta,aho yamubwiye ko Leta hari imyenda igenera abana bavukira kwamuganga,maze amusaba ko bafata muri iyo myenda bakayikoresha k’umwana we.

Umuganga yamubwiye ko ibyo arimo kuvuga Atari byo kuko iyo serivise ntayo bagira mubitaro byabo.Nibwo uyu musirikare yahise afata umujinya maze akubita abaganga babiri bari bari aho umwe akubitagura inshi ariruka hanyuma undi we amuvuna akaguru(Amukomeretsa kukabumbampore).

Ibi bikaba byarabareye mukigo nderabuzima cya OKELELE muri reta ya KWARA state iherereye muri Nigeriya, kuwa 22/09/2021.

Aya makuru y’ibi bintu byabaye yaje kwemezwa n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abaganga(abaforomo n’ababyaza) ukorera muri reta ya KWARA State witwa Alhaji Shehu Aminu,aho yemeje ko aba baforomo bakubiswe ndetse ko bakomeretse.

Amakuru akomeza avuga ko uyu musirikare ibye bitaje kugenda neza,kuko yaje gutabya muri yombi n’urwego rwa gisirikare kugirango ahatwe ibibazo ku byaha yakoze byo gusagarira inzego z’ubuvuzi.

Gusa nubwo uyu musirikare yatawe muri yombi,ntibyabujije abaturage bumvise iyi nkuru kumushima cyane bamukomera amashyi bavuga ko abo baganga bari bakwiriye gukubitwa koko,ngo kuko abo baganga batanga serivise mbi.Aba baturage bakomeje bavuga ko ngo nabo babaye bafite ubushobozi bazajya bihimura kubaganga babaha serivise mbi.

Iyi nkuru tuyikesha ikinyamakuru DailyTrust.

Ese weho serivise z’ubuvuzi aho utuye ubona zikoraneza?

Niba ari neza,ni ukubera iki,(Ni iki ushima)?

Niba ari nabi,ubona hakorwa iki?

Tanga igitekerezo kuri iki kiganiro ubinyujije mu mwanya wagenewe comment,cg unyure kuri page yacu ya facebook yitwa Ingando online.Ushobora no gukora subscribe kuri youtube channel yacu kugirango ujye ubona ibiganiro byacu muburyo bw’amashusho.

Ibitekerezo byanyu,tuzabisoma kandi tubasubize.

Ibintu wakora ikimara gutandukana n'umukunzi wawe. 


Ibindi biganiro wakurikira muburyo bw'amashusho



  

Comments

Popular posts from this blog

Uburyo bwo kwivura imitsi yipfunditse ukoresheje tungurusumu,n'urunyanya

Impamvu enye nyamukuru zituma umuntu apfa ari mugikorwa cyo gutera akabariro

Umusore yakubiswe bikomeye nyuma yokwica umukunzi we akamuhamba muri geto ye